Umunyarwanda ukina Tenis, Habiyambere Ernest, yatoranyijwe n’Ishyirahamwe ry’umukino wa Tenis muri Afurika kuzitabira irushanwa rizabera mu Busuwisi hagati y’itariki ya 19 na 26 Ugushyingo 2012.
Abanyafurika bazitabira iri rushanwa rizitabirwa n’abagore n’abagabo bitwaye neza (uwambere n’uwa kabiri) mu marushanwa yose yo muri Afurika.
Nk’uko tubikesha The New Times, umuyobozi w’Ishyirahamwe rya Tenis mu Rwanda Theoneste Karenzi yemeza ko amakuru yo gutoranywa kwa habiyambere ari amakuru y’impamo.
Karenzi avuga ko ari amahirwe akomeye mu buzima bwa Habiyambere muri siporo.
Muri Kanama uyu mwaka, Habiyambere yatsinze irushanwa rya Tennis ryabereye i Burundi nyuma yo gusoza ku mwanya wa gatatu mu Rwanda.
Habiyambere azajyana na bagenzibe baturuka mu Misiri, Ghana, u Burundi, Afurika y’Epfo, Nigeriya, Malawi na Moritaniya.
Abagore b’Abanyafurika bazitabira iri rushanwa ni Mariam Mujawimana (Burundi), Anicette Ahounou (Benin), Boy Amelie (Moritaniya), Barnard Zani (Afurika y’Epfo), Randy Randrianasoloson (Madagascar), Marie Ange Adomon (Cote d’Ivoire), Mortagy Hana (Misiri), Sada Nahimana (Burundi), Maelyn Chan Tam Neng (Moritaniya) na Ali Lasheen Habiba (Misiri).



















TANGA IGITEKEREZO