00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mu mikino ya Paralempike Hakizimana yegukanye umwanya wa 10 mu guterura ibiremereye

Yanditswe na

Bakomere Pascal

Kuya 5 September 2012 saa 12:54
Yasuwe :

Hakizimana Thèogene waserukiye u Rwanda mu guterura ibiremereye (Powerlifting) mu mikino Paralempike iri kubera i London mu gihugu cy’u Bwongereza kuri uyu wa Kabiri tariki ya 4 Nzeri 2012 yegukanye umwanya wa 10 muri 12 barangije amarushanwa, mu bakinnyi bateruye ibiro 165, 175 n’ijana na mirongo inani.
Ubusanzwe Hakizimana abarizwa mu bakinnyi bafite ibiro 75 na 82,5 mu marushanwa yabereye muri Gymnase ya Excel yateruye ibiro 165 neza, aterura 175 neza aza gutsindwa mu baterura 180.
Mu (…)

Hakizimana Thèogene waserukiye u Rwanda mu guterura ibiremereye (Powerlifting) mu mikino Paralempike iri kubera i London mu gihugu cy’u Bwongereza kuri uyu wa Kabiri tariki ya 4 Nzeri 2012 yegukanye umwanya wa 10 muri 12 barangije amarushanwa, mu bakinnyi bateruye ibiro 165, 175 n’ijana na mirongo inani.

Ubusanzwe Hakizimana abarizwa mu bakinnyi bafite ibiro 75 na 82,5 mu marushanwa yabereye muri Gymnase ya Excel yateruye ibiro 165 neza, aterura 175 neza aza gutsindwa mu baterura 180.

Mu bakinnyi bitwaye neza haza Farzin Majid wo muri Iran wateruye ibiro 233, 235 na 237. Umunyarwanda Hakizimana nyuma y’amarushanwa yatangarije uyu munyamakuru ko ibyo biro yabiteruye, ariko ahengamaho gato kandi bitemewe mu mategeko agenga umukino.

Ubusanzwe Hakizimana yari ku mwanya wa 14 bityo avuga ko yitwaye neza kuko yaje mu icumi ba mbere. Ikindi uyu mukinnyi yishimira ni uko abona ibihe (minima) bimwemerera kujya mu mikino Paralempike yateruye ibiro 158, ariko ubu yateruye ibisaga 165.

Uyu mukinnyi avuga ko ku rwego rw’Afurika ari mu myanya y’imbere bityo yizeye kwitwara neza mu marushanwa ategerejwe mu bihe biri imbere.

Mu rwego rw’imikino ngororamubiri Muvunyi Hermas yabaye uwa mbere mu kwiruka metero magana ane akoresheje amasegonda 49,75, mu rwego rw’amajonjora mu kanya araza kongera guhatana mu cyiciro cya nyuma saa mbiri na mirongo ine za hano i London ari zo saa tatu na 40 zo mu Rwanda.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages