Tiger Woods, umukinnyi wa Golf w’igihangange wigeze kumara ibyumweru 623 ari nimero ya mbere ku Isi muri uyu mukino, yongeye kwisubiza icyubahiro asubira ku mwanya wa mbere ku yindi nshuro nyuma y’amezi 29 nyuma y’intsinzi yegukaniye I Bay Hill.
Woods yabashije guhigika Rickie Fowler na Jusstin Rose bituma asubira ku mwanya wa mbere ku isi muri Golf yari yaravuyeho mu mwaka wa 2010 ubwo yatahurwagaho kuryamana n’abagore barenga 10 aca inyuma uwari umugore we.
Mu mwaka wa 2011 Tiger Woods yahuye n’uruva gusenya ubwo yisangaga ku mwanya wa 58 ku rwego rw’Isi. Kuri ubu umwanya wa mbere wari ufitwe na Rory McIlroy wo muri Irlande y’Amajyaruguru, Tiger Woods awusubiyeho nyuma yo gutsinda amarushanwa atari macye umusubirizo.
Ku birebana n’ubuzima bwe bwite, kuri ubu Woods asigaye akundana na Lindsey Voon, umukinnyi nawe uhiga abandi mu bijyanye na Ski, imikino ikinirwa kenshi mu rubura cyangwa ahantu hanyerera.



















TANGA IGITEKEREZO