Ni ubwa mbere u Rwanda rugiye kwitabira iyi mikino igiye gukinwa ku nshuro ya 11, aho uyu mwaka izabera i Dundee muri Écosse.
U Rwanda ruzaserukirwa n’abakinnyi 11 bo mu cyiciro cy’abato aribo: Bigwi Gaël Ibakwe, Shaima Inyange, Shimwa Mugisha Dorian, Iriza Lina, Irampaye Fred, Rurangayire Aimable Guérin, Ndinda Aydan Gisa, Rurangayire Guénhaël Orhnzy, Umurinzi Evan na Gisa Tony. Ni mu gihe umutoza wabo ari Ganziteka Didier Pascal.
Umuyobozi Mukuru wa JKA-Rwanda, Rurangayire Guy, yabwiye IGIHE ko intego bajyanye ari ugutangira gutinyura abana amarushanwa bakiri bato.
Yagize ati “Ni inshuro ya mbere tugiye kwitabira iyi mikino. Intsinzi itegurwa kare ni yo mpamvu twifuje gutangira kwitabira amarushanwa menshi ndetse mpuzamahanga kugira ngo tuzagire abakinnyi beza mu gihe kizaza.”
Biteganyijwe ko mu rukerera rwo ku Cyumweru, tariki 9 Nyakanga 2023, ari bwo iyi kipe izahaguruka mu Rwanda yerekeza muri Écosse.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!