Iri rushanwa ryakinwe ku nshuro ya 17 ryari rigizwe n’ibyiciro bitatu, icyo gusiganwa ibilometero 42 (Full Marathon) no mu gusiganwa ibilometero 21 (Half Marathon) mu gihe abayobozi bakuru bitabiriye iri siganwa bakoze intera y’ibilometero 10 bari kumwe n’abasiganwe mu cyiciro cyiswe Run For Peace cyangwa Run For Fun cy’abasiganwa batarushanwa.
Mu cyiciro cya Full Marathon mu bagabo imyanya itatu ya mbere yegukanywe n’Aba-Kenya. Uwa mbere wegukanywe na Wilfred Kigan wahawe umudali wa zahabu, akurikirwa na Johnstone Kibet Maiyo wahawe umudali wa Feza mu gihe umwanya wa gatatu wegukanywe na George Nyamori Onyancha, ahabwa umudali w’Umuringa.
Intsinzi y’Abanya-Kenya yongeye kugaragara mu Cyiciro cy’Abagore muri ‘Full Marathon’, aho umwanya wa mbere wegukanywe na Margaret Agai, uwa kabiri utwarwa na mugenzi we, Rebecca R Korir mu gihe uwa gatatu yabaye Bornes Jepkirui Kitur.
Mu gusiganwa ibilometero 21 ibizwi nka ‘Half Marathon’ mu bagabo umwanya wa mbere wegukanywe n’Umunya-Kenya, Shadrack Kimining Korir, uwa kabiri wegukanwa n’Umunya-Uganda, Gilbert Kamutwire, mu gihe Umunyarwanda Kajuga Robert yaje ku mwanya wa gatatu.
Mu cyiciro nk’icyo mu bagore ni ho u Rwanda rwabashije kwegukana umudali wa Zahabu rubikesha Musabyeyezu Adeline waje ku mwanya wa mbere agakurikirwa n’Umurundikazi, Nimbona Elvanie mu gihe umwanya wa gatatu watwawe na Doris Jepkoech.
Musabyeyezu wazamuye ibendera ry’u Rwanda muri iki cyiciro asanzwe akinira Ikipe y’Ingabo mu Gusiganwa ku Maguru, APR AC.
Mu cyiciro cya ‘Full Marathon’ ibi bihembo byari bigizwe na miliyoni 2 Frw ku wegukanye umwanya wa gatatu, miliyoni 2,5 Frw ku wegukanye umwanya wa kabiri ndetse na miliyoni 4 Frw ku wasoje ku wa mbere.
Mu ntera y’ibilometero 21 (Half-Marathon), uwa mbere yahembwe miliyoni 2,5 Frw, uwa kabiri ahabwa miliyoni 2 Frw, uwegukanye umwanya wa gatatu miliyoni 1,5 Frw.
Iri rushanwa ryitabiriwe n’abarenga 3000 baturuka mu bihugu bitandukanye byiganjemo ibyo mu Karere.
Madamu Jeannette Kagame na we yasiganwe mu Cyiciro cya Run For Peace, aho yakoze intera y’ibilometero 10 n’amaguru. Yari kumwe na Madamu Margaret Kenyatta; Minisitiri wa Siporo, Munyangaju Aurore Mimosa; Umwongereza wubatse izina mu marushanwa yo kwiruka ku maguru, Mohamed Farah n’abandi banyacyubahiro batandukanye.
Mohamed Muktar Jama Farah [Mo Farah] yavutse mu 1983. Yagiye mu Bwongereza akiri umwana muto azamukira mu ikipe y’imikino yo kwiruka ya Newham & Essex Beagles Athletics Club.
Ni umunyabigwi ukomeye ndetse yegukanye imidali 10 mu marushanwa yo kwiruka harimo ine yakuye mu Mikino ya Olempike n’indi itandatu yegukanye ku rwego rw’Isi.
Nyuma ya Lasse Virén ni uwa kabiri usiganwa ku maguru muri metero ibihumbi bitanu na 10, wabashije kubona imidali ibiri mu mikino ya Olempike.
Mo Farah yatangiye gukina imikino yo gusiganwa ku maguru mu 1996, asoza urwo rugendo mu 2021.
Marathon Mpuzamahanga ya Kigali yitabiriye yaherukaga kuba mu 2021. Umunya-Ethiopia Derseh Kindie n’Umunya-Kenyakazi Isgah Cheruto ni bo begukanye Marathon Mpuzamahanga ya Kigali yitiriwe Amahoro, yakinwe ku wa 20 Kamena 2021.
Amafoto: Yuhi Augustin



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!