00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Agnes Ngetich yaciye agahigo ko kwiruka kilometero 10 mu gihe gito

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 15 January 2024 saa 06:04
Yasuwe :

Umunya-Kenya, Agnes Ngetich, yaciye agahigo ko kuba umukinnyi w’umugore wa mbere ku Isi ukoresheje iminota iri munsi ya 29 mu kwiruka kilometero 10.

Ibi yabikoreye mu isiganwa ngarukamwaka ryo muri Espagne ribera mu mujyi wa Valencia rya Valencia Ibercaja. Abakinnyi baturutse mu bihugu bitandukanye ku Isi barenga ibihumbi 12 ni bo baryitabiriye.

Uyu mukinnyi w’imyaka 22 yahise asiga bagenzi be mu cyiciro cy’abagore, akoresha iminota 28 n’amasegonda 46, akuraho amasegonda 28 ku gahigo kari gafitwe n’Umunya-Ethiopia, Letesenbet Gidey yashyizeho mu 2022.

Ngetich yavuze ko nubwo yanditse amateka ariko atari cyo yari agendereye ajya kwitabira isiganwa gusa yanezerewe.

Ati “Ndishimye cyane kuko natsinze. Ntabwo nari nateguye guca agahigo ku rwego rw’Isi. Nifuzaga kugira ibihe byiza byibuze nkagera ku minota 29 ariko ibyo ngezeho ni ishimwe rikomeye cyane.”

Si aka gahigo yakuyeho gusa kuko yaciye n’akandi kashyizweho na Beatrice Chebet mu byumweru bibiri bishize ko kwiruka ibilometero 5 mu minota 14 n’amasegonda 13.

Yakurikiwe na mugenzi we Emmaculate Anyango wakoresheje iminota 28 n’amasegonda 57.

Abanya-Kenya bakomeje guhirwa n’iri siganwa kuko mu 2020 Rhonex Kipruto na we yabikoze, akiruka ibyo bilometero mu minota 26 n’amasegonda 24 mu bagabo, ibitarakorwa n’undi kuva icyo gihe.

Umunya-Kenya, Agnes Ngetich, yabaye umugore wa mbere wirutse kilometero 10 mu minota iri munsi ya 29

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages