Iri siganwa ry’uyu mwaka ryitabiriwe n’abakinnyi bagera ku 1827, aho 82% baturutse hanze y’agace ka Friuli Venezia Giulia ryabereyemo, 34% ari abanyamahanga (biyongereyeho 15%) baturutse mu bihugu 46.
Iri rushanwa ryari rimaze iminsi ryarahagaritswemo abakinnyi b’abanyafurika nyuma y’aho bakorewe ibikorwa bitandukanye bijyanye n’irondaruhu.
Nyuma yo kwemererwa gukina, umunyarwanda Hitimana Noël yigaragaje yegukana iri siganwa akoresheje isaha imwe n’iminota itatu ndetse n’amasegonda 28 mu cyiciro cy’abagabo, aho yasize Umutaliyani Najibe Salami wakoresheje 1:04:30 mu gihe umunya-Kenya, Melly Joel yabaye uwa gatatu akoresheje 1:07:45.
Mu cyiciro cy’abagore, isiganwa ryegukanywe n’Umunya-Belarus, Volha Mazuronak , wakoresheje isaha imwe, iminota 13 n’amasegonda 56 mu gihe Umurundikazi, Cavaline Nahimana, yabaye uwa kabiri akoresheje 1:14:00 naho Umutaliyanikazi, Laila Soufyane, aba uwa gatatu akoresheje 1:15:04.
Ishyirahamwe ryo gusiganwa ku maguru mu Butaliyani ryafashe umwanzuro wo kwemerera abanyafurika kongera gusiganwa nyuma yaho rikoze iperereza. Ibiro Ntaramakuru by’u Butaliyani (ANSA) byatangaje ko mu isiganwa ryo kuri iki Cyumweru hari abakinnyi benshi bisize amarangi y’umukara kugira ngo berekane ko bashyigikiye abanyafurika.



















TANGA IGITEKEREZO