00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Imwe mu mihanda ya Kigali irafungwa kubera Marathon Mpuzamahanga iteganyijwe ku Cyumweru

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 10 June 2023 saa 06:06
Yasuwe :

Polisi y’Igihugu yatangaje ko kubera Isiganwa ryo ku maguru rya Marathon Mpuzamahanga ya Kigali rizaba kuri iki Cyumweru, imwe mu mihanda irafungwa mu korohereza abazitabira iri rushanwa rigiye kuba ku nshuro ya 18.

Ku wa 11 Kamena 2023, ni bwo Marathon Mpuzamahanga ya Kigali igamije kwimakaza amahoro binyuze mu mikino, izaba ku nshuro ya 18, aho izaba igizwe n’ibice bitatu birimo gusiganwa ku maguru intera y’ibilometero 42,1; iya 21 n’iy’ibilometero 10 ku bishimisha batarushanwa (Run for Fun cyangwa Run for Peace) mu bagabo n’abagore.

Polisi y’Igihugu yatangaje ko kubera ko iri rushanwa rizitabirwa n’abantu benshi, imihanda imwe yo mu Mujyi wa Kigali ifungwa kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 10 Kamena guhera saa Tanu z’ijoro (23:00) kugera ku Cyumweru saa Munani z’amanywa (14:00).

Iyi mihanda irimo uva kuri BK Arena-Chez Lando-Gishushu-MTN Nyarutarama-Dodani KG290st-KCC-Ninzi Hills-Minagri-KABC-Umuvunyi-KG2Ave-KG4Ave-Primature Roundabout-Umuvunyi-KCC-RBC-KCC Service gate-Chez Lando-Rwahama-Simba Kimironko-Controle Technique kugera kuri BK Arena.

Polisi yasabye abari kuzakoresha iyi mihanda kwihanganira izo mpinduka, yizeza ko “abapolisi bazaba bari ku muhanda kugira ngo babayobore.”

Kugeza ku wa 8 Kamena 2023, abagera ku 4106 ni bo bari bamaze kwiyandikisha kugira ngo bazitabire Kigali International Peace Marathon y’uyu mwaka yatumiwemo abakinnyi icyenda basanzwe bakina amasiganwa akomeye ku Isi.

Bamwe muri bo bamaze kugera i Kigali barimo Heye Berhanu, Fetale Dejane, Kebene Chala na Ambi Mulugojam Birhan.

Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Imikino Ngororamubiri muri Afurika, Col (Rtd) Malboum Kalkaba n’umwe mu bagize Inama y’Ishyirahamwe ry’Imikino Ngororamubiri ku Isi akaba na Perezida w’Ishyirahamwe ry’Imikino Ngororamubiri muri Kenya, Gen (Rtd) Jack Tuwei, bemeje kuzitabira iyi Marathon mu cyiciro cyayo cya ‘Run for Peace’.

Nyuma yo kuzamura ibihembo, ubu uwa mbere muri ‘Full Marathon’ akaba azabona ibihumbi 20$ mu bagabo n’abagore, Kigali International Peace Marathon ni isiganwa rya gatatu rihemba amafaranga menshi muri Afurika.

Isiganwa rya mbere muri Afurika ni Marathon ya Nairobi ihemba ibihumbi 60$ ku mukinnyi wa mbere mu gihe iya Lagos ihemba ibihumbi 30$.

Mu 2022, Kigali International Peace Marathon yegukanywe n’Abanya-Kenya Wilfred Kigan na Margaret Agai mu bagabo n’abagore.

Muri Half-Marathon hatsinze Umunya-Kenya, Shadrack Kimining Korir n’Umunyarwandakazi Musabyeyezu Adeline.

Iri rushanwa ryari ryitabiriwe n’abarenga 3000 baturutse mu bihugu bitandukanye byiganjemo ibyo mu Karere.

Imwe mu mihanda y'i Kigali irafungwa kubera isiganwa ryo ku maguru rizaba ku Cyumweru, tariki ya 11 Kamena 2023

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages