Muri iyo mikino yasojwe kuri iki cyumweru tariki ya 30 Kanama 2015, Kenya yakurikiwe na Jamaica yari iyobowe na Usain Bolt, igihangange mu gusiganwa ahantu hagufi, icyo gihugu cyo kikaba cyaregukanye imidari 12, irimo indwi (7) ya Zahabu, ibiri y’umuringa n’itatu ya Bronze.
Umudali wa nyuma wa Zahabu Kenya yegukanye muri iryo rushanwa, ni uwegukanywe na Asbel Kiprop wanikiye abandi mu gusiganwa metero 1500, gusa uwo mudali akaba yarawuboneye rimwe n’uw’umuringa wegukanywe na Elija Manangoi waje amukurikiye.
Nyuma yo kwereka abandi igihandure mu gusiganwa metero 1500, Kiprop yagize ati “Nishimiye kuba muri iyi kipe yegukanye ku nshuro ya gatatu umwanya wa mbere ku isi.”
Uretse Kiprop wegukanye umudali wa zahabu mu gusiganwa metero 1500, David Rudisha yawegukanye mu gusiganwa metero 800, Vivian Cheruiyot awegukna mu gusiganwa metero 10,000 mu bagore, Ezekiel Kemboi awegukana mu gusiganwa metero 3000 mu bagabo n’aho Hyvin Jepkemoi awegukana mu gusiganwa izo metero mu bagore, mu gihe Nicholas Bett yegukanye zahabu muri metero 400, Julius Yego akawegukana mu kujugunya umuhunda (Javelot) agasiga anesheje agahigo ko kuba abaye uwa gatatu uwujugunye kure ku isi, aho yawujugunye muri metero 92,76.
BBC itangaza ko kuwa gatatu w’iki cyumweru ni bwo hari hatangajwe ko hari abanyakenya babiri bahagaritswe mu irushanwa bitewe no gukoresha ibiyobyabwenge.
Perezida Kenyatta yashimiye abanyakenya
Kimwe n’abandi bayobozi batandukanye muri Kenya, Perezida Kenyatta abicishije ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter, yashimiye abanyakenya begukanye imidari, avuga ko ari imbuto z’umurimo ukomeye bakoze.
Ati “Abana bacu bongeye kandi kwerekana ko bazi kandi bashoboye, kandi bakaba bahiga abandi ku isi.”
Iyi mikino yatangiye kuwa 22 Kanama isozwa kuwa 30 Kanama 2015, ikaba yari yitabiriwe n’ibihugu 207, bihagarariwe n’abakinnyi 1,936 barimo abagabo 1,043 n’abagore 893, barushanwaga mu mikino 47.



















TANGA IGITEKEREZO