00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Simone Biles yakoze amateka mu mikino ngororangingo

Yanditswe na Byiringiro Osée Elvis
Kuya 7 October 2023 saa 02:32
Yasuwe :

Umunyamerika Simone Biles yakoze amateka yo kwegukana umudali wa 21 wa Zahabu muri Shampiyona y’Isi y’Imikino Ngororangingo, aba umukinnyi wa mbere utwaye imidali myinshi mu bagabo n’abagore uteranyije iy’iri rushanwa n’iy’Imikino Olempike.

Uyu mukinnyi yanditse aya mateka ku wa Gatanu, tariki 6 Ukwakira 2023, muri iyi Shampiyona y’Isi iri kubera i Antwerp mu Bubiligi.

Biles yegukanye umudali wa Zahabu ubwo yari amaze gutsinda amanota 58.399 ahigitse Umunya-Brésil Rebeca Andrade wari ufite irushanwa riheruka, we watsinze amanota 56,766 ndetse na mugenzi we bakinana mu Ikipe y’Igihugu, Shilese Jones, wegukanye umudali wa ‘Bronze’ n’amanota 56,332.

Ku wa Gatatu w’iki cyumweru, Biles yari yafashije Ikipe y’Igihugu ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika kwegukana iyi Shampiyona y’Isi ku nshuro ya karindwi yikurikiranya.

Nyuma yo gukora amateka, Simone Biles yabwiye itangazamakuru ko yari yabyiyumvisemo.

Ati “Nabyiyumvisemo uyu munsi ariko amarangamutima yari menshi kuko aha ni ho negukaniye umudali wa mbere mu myaka 10 ishize. Bisobanuye byose kuri njye nyuma y’imbaraga nyinshi nakoresheje kugira ngo ngaruke kuri uru rwego meze neza.”

Biles yakoze amateka nyuma y’imyaka ibiri afashe akaruhuko ko kwiyitaho mu bijyanye n’ubuzima bwo mu mutwe. Mu Mikino Olempike yabereye i Tokyo mu 2021, uyu mukinnyi yagize ikibazo cyo kuzungera ubwo yahatanaga ku mukino wa nyuma.

Icyo gihe yavuze ko afashe akaruhuko, abanza kujya kwiyitaho, yivuza neza. Ibi byatumye uyu mukinnyi ajya gukina afite ubwoba kuko yari afite ihungabana nk’uko yabitangaje.

Ati “Mu mikino ya nyuma y’ikipe nari mfite ubwoba kuko nahungabanyijwe n’ibyambayeho cya gihe (Tokyo), gusa nishimiye ko bwashize.”

Biles yakoze amateka yo kweguka imidali myinshi (34) muri Shampiyona y’Isi ndetse n’Imikino Olempike, aho yaciye ku Munya-Belarus, Vitaly Scherbo wari usanganywe aka gahigo n’imidali 33.

Muri iyi midali yose Biles afite, 27 ni iyo muri Shampiyona y’Isi aho 21 muri yo ari iya Zahabu.

Simone Biles yakoze amateka yo kwegukana imidali myinshi mu Mikino Ngororangingo
Simone Biles yegukanye Shampiyona y'Isi nyuma y'imyaka ibiri ahagaritse gukina by'agateganyo akajya kwita ku buzima bwe bwo mu mutwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages