Yahise akuraho agahigo kashyizweho mu 2014 na Dennis Kimetto nawe wo muri Kenya, agabanya umunota umwe n’amasegonda 18 ku 2:02:57 yakoresheje icyo gihe. Nawe yabikoreye i Berlin mu Budage.
Kipchoge w’imyaka 33 afatwa nk’umwe mu banyabigwi mu gusiganwa n’amaguru mu ntera ndende cyane. Iri siganwa rya Berlin aheruka kuryegukana mu 2015 na 2017, akoresheje 2:04:00 na 2:03:32 uko bikurikirana.
Ubwo yari amaze kwegukana iri rushanwa rya BMW Berlin Marathon, Kipchoge uheruka kwegukana umudali wa zahabu muri marathon mu mikino Olimpiki yabereye muri Brazil, yavuze ko adafite amagambo yasobanura ibyishimo bye.
Yagize ati “Ndishimye cyane, nejejwe no kuba nshyizeho agahigo ku Isi.”
Kipchoge yakurikiwe na mugenzi we Amos Kipruto wakoresheje 2:06:23, uwa gatatu aba Wilson Kipsang wakoresheje 2:06:48. Bose bakomoka muri Kenya.
Kipchoge amaze kwegukana amarushanwa rya 10 muri 11 akomeye aheruka kwitabira.
Muri iri siganwa ryo mu Budage, mu bagore naho umunya-Kenya, Gladys Cherono yegukanye umwanya wa mbere akoresheje amasaha abiri, iminota 18 n’amasegonda 11, akurikirwa n’umunya-Ethiopia, Ruti Aga, warengejeho amasegonda 23.
Kipchoge yatsindiye €120,000 ($139,614) kubera uburyo yitwaye kuri iki Cyumweru. Harimo €50,000 kubera agahigo yashyizeho, €40,000 kuko yabaye uwa mbere na €30,000 yo kuba igihe yakoresheje kiri munsi y’amasaha abiri n’iminota ine.



















TANGA IGITEKEREZO