00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Simukeka yakuwe ku rutonde rw’abazitabira imikino Olempike i Rio

Yanditswe na Israel Ishimwe
Kuya 19 July 2016 saa 07:13
Yasuwe :

Simukeka Jean Baptiste ukina imikino Ngororamubiri wagombaga kuzahagararira u Rwanda mu mikino Olempike 2016 izabera muri Brazil muri Kanama uyu mwaka yamaze gukurwa ku rutonde na Komite Mpuzamahanga y’Imikino Olempike (CIO) nyuma yo gusanga yarabonye itike mu buryo butemewe.

Kuri uyu wa Kabiri, nibwo Komite Mpuzamahanga y’Imikino Olempike yamenyesheje Komite y’imikino Olempike mu Rwanda (CNOSR) ko Simukeka Jean Baptiste wabonye ibihe byo kwitabira imikino ya Olempike (Minima) muri 2015 mu Butaliyani ko irushanwa yabibonyemo ritemewe n’Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’Imikino Ngororamubiri (IAAF) bityo akuwe ku rutonde rw’abakinnyi bagomba kujya i Rio.

Itangazo CNOSR yashyize ahagaragara rigira riti “Twifuje kubamenyesha ko Comité National Olympique et Sportif du Rwanda yakiriye ubutumwa bwaturutse muri Comité International Olympique, bumenyesha ko umukinnyi Simukeka Jean Baptiste ukina Marathon atemerewe kujya mu mikino Olempike i Rio 2016.”

Simukeka yari amaze igihe kinini yitoza, ubu akaba yari muri Kenya mu myitozo kuko iyi mikino yagombaga kwitabira isigaje iminsi 18 gusa kugira ngo itangire.

Manirarora Elie, Visi Perezida wa Komite Olempike y’u Rwanda (CNOSR) yabwiye IGIHE ko ibi ari ibintu bisanzwe bibaho ko iyo umukinnyi yabonye ibihe ariko abikuye mu irushanwa ritemewe na IAAF igihe bigaragariye ahita akurwa ku rutonde.

Ati “Ni nk’uko waba wagombaga kwiruka kuri Stade Amahoro wowe ukigira i Nyagasambu. Icyo gihe n’iyo warusha abirutse ku Mahoro, wowe ntubarwa. Birababaje kuba atagiye ariko nta kundi. Njye nari nsanzwe mbizi kuko babitubwiye ubwo twitabiraga inama itegura iyi mikino muri Maroc ariko ubu nibwo babishyize ahagaragara.”

U Rwanda mu mikino ngororamubiri ruzahagararirwa n’abakinnyi batatu barimo Nyirarukundo Salome, Mukasakindi Claudette na Uwiragiye Ambroise muri iyi mikino iteganyijwe kubera i Rio de Janeiro muri Brazil izatangira tariki 5 kugeza 21 Kanama 2016.

Irushanwa Simukeka yakuyemo minima ntiryemewe ku ruhando mpuzamahanga
Simukeka yari amaze igihe kirekire yitoreza muri Kenya
Simukeka(hagati) yari kuzahagararira u Rwanda mu mikino Olempike izabera i Rio De Janeiro muri Brazil

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages