Muri iyi mikino yabereye muri BK Arena, Police VC yatsinze Wolaitta Volleyball yo muri Ethiopia amaseti 3-0 (25-19, 25-20, 25-22) naho REG VC itsinda General Service Unit Volleyball Club yo muri Kenya amaseti 3-1 (25-22, 25-22, 23-25, 28-26).
Kepler VC yatsinze Cameroun Sports Volleyball amaseti 3-1 (25-21, 25-21, 26-28, 25-22) mu gihe APR VC yatsinze Nemo Stars yo muri Uganda amaseti 3-0 (25-20, 25-23, 27-25).
Uretse REG VC imaze gutsinda imikino ibiri muri itatu yakinnye, andi makipe ahagarariye u Rwanda amaze kubona intsinzi eshatu mu gihe asigaje ibiri ngo asoze iy’amatsinda.
Paul Akan wavuze mu izina ry’abakinnyi nyuma y’umukino Ikipe ye ya APR VC yatsinzemo Nemo Stars, yashimangiye ko ibyo bateguye mbere y’umukino babigezeho.
Yabwiye itangazamakuru ati “Ndashima Imana kuko atari yo ntibyakunda. Twasabwaga gutsinda, navuga ngo twakoze cyane.”
Nyuma yo gutakaza umukino, Godfrey Owese Okumu utoza Nemo Stars yavuze ko gutsindwa babikuyemo isomo.
Ati “Isi ntirangiye. Tuzashaka uko twitwara neza mu gihe kiri imbere. Nta gutsindwa kwiza kubaho. Tugomba gusubira inyuma tukareba ibitagenze neza. Ntitwagombaga gutsindwa uyu mukino ariko uwo twari duhanganye yitwaye neza.”
Imikino yabereye muri BK Arena yabanjirijwe n’uwo Port Autonome De Douala yo muri Cameroun yatsinzemo Rukinzo VC yo mu Burundi amaseti 3-1 (25-22, 23-25, 21-25, 15-25) mu gihe yasojwe n’uwo Kalibi Sporting Club yo muri Ghana yatsinzemo Atlético Clube Do Mindelo yo muri Cape Verde amaseti 3-0 (20–25, 17-25, 27-29).
Mu mikino 12 yari iteganyijwe, itandatu yabereye muri Petit Stade aho yabimburiwe n’uwo Al Ahly yo mu Misiri yatsinze biyoroheye SPORT-S yo muri Uganda amaseti 3-0 (21-25, 10-25, 22-25), yuzuza intsinzi eshatu mu mikino itatu imaze gukina.
Muri iri rushanwa riri gukinwa ku nshuro ya 47, Al Ahly iyoboye amakipe ahabwa amahirwe yo kuryegukana, ndetse ni yo imaze kuritwara inshuro nyinshi [16] mu mateka.
Mu yindi mikino, Equity Bank yo muri Kenya yatsinze AS INJS yo muri Côte d’Ivoire amaseti 3-1 (25-17, 22-25, 25-13, 25-17), Faith Union Sport yo muri Maroc itsinda Prisons Volleyball Club yo muri Tanzania amaseti 3-0 (25-18, 25-15, 25-12).
Litto Team Volleyball yo muri Cameroun yatsinze Black Rhinos VC yo muri Zimbabwe amaseti 3-0 (25-23, 25-23, 25-14) mu gihe Petrojet SC yo mu Misiri yatsinze Nigeria Customs Service amaseti 3-1 (25-14, 24-26, 25-22, 25-15).
Umukino wasoje iy’umunsi wa gatatu mu y’amatsinda warangiye Ghana Army itsinze Kenya Ports Authority amaseti 3-2 (10-25, 20-25, 25-19, 28-26, 15-12).
CAVB Menʼs Club Championship 2026 irakomeza kuri iki Cyumweru, hakinwa umunsi wa kane wo mu matsinda.
Amakipe y’u Rwanda arakinira imikino yayo muri BK Arena aho Kepler VC ikina na Al Ahly, Police VC ikine na Ghana Army, REG VC ihure na Atlético Clube Do Mindelo mu gihe APR VC icakirana na Nigeria Customs Service.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!