Imikino ya 1/8 cya CAVB Men’s Club Championship 2026 ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Volleyball, yabaye ku wa Gatatu, tariki ya 29 Mata 2026, ku bibuga byo muri BK Arena na Petit Stade.
Uretse amakipe 16 yari ahataniye kugera muri ¼, andi atandatu yatangiye urugendo rwo gushaka imyanya azasorezaho hagati ya 17-24.
Imikino ya 1/8 yabimburiwe n’uwa Nemostars VC yo muri Uganda na Kenya Ports Authority yo muri Kenya, wabereye muri BK Arena.
Kenya Ports Authority yatsinze Nemostars VC amaseti 3-1 (21-25, 25-22, 22-25, 23-25), umukino watunguranye kuko ikipe yasoje ku mwanya wa gatatu mu Itsinda C yakuyemo iyabaye iya mbere mu Itsinda A.
Uyu mukino wakurikiwe n’uwo REG VC yatsinzemo Sport-S VC yo muri Uganda amaseti 3-0 (25-18, 25-17, 25-20) mbere y’uko Police VC itsinda Nigeria Customs Service amaseti (25-21, 25-16, 25-21).
Indi kipe yo mu Rwanda yitwaye neza ni Kepler VC yatsinze General Service Unit yo muri Kenya amaseti 3-1 (23-25, 25-23, 28-26, 25-19).
Umutoza wa Kepler VC, Jean Patrice Ndaki Mboulet, yavuze ko biteguye neza umukino wa Police VC wo muri ¼.
Ati “Turaziranye. Dufite abakinnyi bashya na bo ni uko. Tuzakina kandi ikipe imwe izatsinda. Tuzerekana ko twageze muri iki cyiciro tubikwiye.”
Ikipe ya Al Ahly SC iri mu zikomeye zitabiririye iri rushanwa yatsinze Kalibi SC yo muri Ghana amaseti 3-0 (25-14, 25-19, 25-19).
Uyu mukino wabimburiye uwo APR VC yatsinzwemo imbere y’abafana bayo muri BK Arena na Faith Union yo muri Maroc amaseti 3-1 (23-25, 18-25, 25-22, 21-25).
Muri Petit Stade hakiniwe imikino itandatu muri rusange irimo ibiri yo gushaka itike ya ¼.
Mu mikino ya 1/8, Port Autonome de Douala yo muri Cameroun yatsinze Equity Bank amaseti 3-0 (25-7, 25-16, 25-23) mu gihe Petrojet SC yo mu Misiri yatsinze Ghana Army amaseti 3-1 (25-19, 23-25, 25-15, 25-19).
Mu guhatanira imyanya hakinnye amakipe umunani ashaka kuzasoreza irushanwa mu myanya myiza kuva ku mwanya wa 17.
Mu mikino yabaye, Litto Team yo muri Cameroun yatsinze Atletico Clube Do Mindelo yo muri Cape Verde amaseti 3-0 (25-13, 25-14, 25-17); AS INJS yo muri Côte d’Ivoire itsinda Wolaitta yo muri Ethiopia amaseti 3-2 (25-21, 25-27, 25-22, 17-25, 13-15).
Cameroun Sports Volleyball yatsinze Prisons yo muri Tanzania amaseti 3-1 (22-25, 25-18, 25-16, 25-22) mu gihe Rukinzo VC yo mu Burundi yatsinze Black Rhinos yo muri Zimbabwe amaseti 3-0 (25-13, 25-17, 25-23).
CAVB Men’s Club Championship irakomeza kuri uyu wa Kane, hakinwa imikino ya ¼ ndetse n’iyo guhatanira imyanya ya 9-16 na 17-24.
Kuba Kepler VC ihura na Police VC muri 1/4 bivuze ko hari ikipe imwe yo mu Rwanda izakina 1/2 cy’iyi Shampiyona Nyafurika ya Volleyball iri kubera i Kigali.
Ikipe ikomeza hagati yazo, muri 1/2 izahura n’iba yakomeje hagati ya REG VC na KPA VC yo muri Kenya. Mu gihe REG VC yaba ikomeje kuri uyu wa Kane, u Rwanda rwaba rwizeye kugira ikipe ku mukino wa nyuma, ibitarigeze bibaho mu mateka yarwo.
APR VC yo irahura na Kalibi VC yo muri Ghana mu mukino wo guhatanira imyanya ya 9-16, ubera muri BK Arena guhera Saa 20:00.
Uko imikino ya 1/4 iteganyijwe:
- Kenya Ports Authority VS REG VC (10:00)
- Police VC VS Kepler VC (12:00)
- Port Autonome De Douala VS Petrojet SC (18:00)
- Al Ahly SC VS Fath Union Sport (20:00)



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!