Mu ijoro ryo ku wa Gatanu, tariki 9 Mutarama 2026, ni bwo kuri Petit Stade Amahoro i Remera, habareye imikino ibimburira indi yo kwishyura muri Shampiyona ya Volleyball mu bagore no mu bagabo.
APR WVC yakinnye na Kepler WVC, ni umukino wahuzaga umutoza w’agateganyo w’Ikipe y’Ingabo Cyuzuzo Yvette wabaye umugore wa mbere utoje mu Cyiciro cya Mbere mu Rwanda na Siborurema Florien wigeze kumubera umutoza.
Siborurema yamuhaye ikaze muri aka kazi katoroshye, amutsinda amaseti 3-0, ari na wo mukino wa mbere APR FWV itsinzwe kuva uyu mwaka watangira.
Umukino wakurikiyeho ni uwa APR VC na Kepler VC, watangiye iyi kipe y’ikigo cy’amashuri itsinda amaseti abiri yikurikiranya, ariko Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yavuye inyuma yegukana umukino itsinze amaseti 3-2.
Ni intsinzi yari ikomeye cyane kuri iyi kipe yari ishyigikiwe n’abarimo Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga, washimiye abakinnyi bikomeye nyuma yo kubona intsinzi.
Gisagara VC iri mu bihe byayo byiza yakomeje gushimangira kuba ku mwanya wa mbere muri Shampiyona y’u Rwanda, nyuma yo kunyagira Police VC amaseti 3-0.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!