00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Cairo: Gisagara VC yatsinzwe umukino wa kabiri, kapiteni wayo asaba Abanyarwanda kubyumva

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 3 April 2019 saa 09:10
Yasuwe :

Ku munsi wa kabiri wa shampiyona ya Afurika ya Volleyball mu bagabo ikomeje kubera i Cairo mu Misiri, ikipe ya Gisagara VC ihagarariye u Rwanda, ikomeje gutungurwa, aho yatsinzwe na El Etihad Misurata yo muri Libya amaseti 3-0 (25-20, 25-15, 25-23).

Nyuma yo gutakaza imbere ya Uganda Christian Univerisity ku munsi wa mbere, hari hitezwe kureba niba Gisagara VC igaruka mu irushanwa ishaka uburyo yarenga imikino y’amatsinda.

Iyi kipe yitabiriye iyi mikino ku nshuro yayo ya mbere, ntiyahiriwe mu mukino wa kabiri nubwo yari yabanje kwihagararaho mu iseti ya mbere igatsindwa amanota 25-20. Mu iseti ya kabiri, Gisagara VC yarushijwe bigaragara na El Etihad yari yaruhutse ku munsi wa mbere, itsindwa ifite amanota 15 gusa mu gihe iya nyuma yo yayitakaje ku manota 25-23.

Kapiteni wa Gisagara VC; Dusabimana Vincent uzwi nka Gasongo, yavuze ko bigoye gusobanura ibikomeje kubabaho muri iri rushanwa.

Ati” Kubisobanura biragoye ariko iyi ni siporo. Twafashe umwanya munini tuganira ku mukino w’ejo twatsinzwe dutunguwe, tuganira no kuri uyu ariko ntabwo twabashije gushyira mu bikorwa ibyo twiyemeje. Intego twaje dufite ntabwo yari iyi.”

“Uyu munsi twakosoye ikibazo twagize ejo 100%, ikipe twahuye yaturushije ariko ntabwo urwego rwabo ruruta urwacu. Abanyarwanda bumve ibyatubayeho.”

Kuri uyu wa Gatatu, Gisagara VC irakina na Smouha yo mu Misiri mu mukino ubanziriza uwa nyuma mu itsinda B kuri iyi kipe ihagarariye u Rwanda.

Gasongo yavuze ko nk’abakinnyi bagiye gukomeza gushyiramo imbaraga bakagaragaza ubushobozi bwabo nubwo inzozi zo gutwara umudali zamaze kuyoyoka.

Gisagara VC ikomeje gutungurwa muri shampiyona ya Afurika ya Volleyball iri kubera mu Misiri

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages