Iyi mikino nyafurika ikomeje kubera kuri Jabi Lake Park muri Nigeria guhera kuri uyu wa Kabiri. U Rwanda ni kimwe mu bihugu 21 byitabiriye mu bagabo n’abagore izasozwa tariki ya 28 Mata.
Ku munsi wa mbere, Ikipe y’u Rwanda y’abagabo igizwe na Ntagengwa Olivier na Akumuntu Kavalo Patrick yatangiye neza itsinda Misiri amaseti 2-1 (20-21, 21-13 na 15-12).
Ikipe y’abagore igizwe na Nzayisenga Charlotte na Mukandayisenga Benitha na yo yatsinze umukino wayo wa mbere yahuyemo na Niger ku maseti 2-0 (21-13 & 21-9).
Kuri uyu wa Gatatu, amakipe y’u Rwanda atozwa na Paul Bitok arakina umukino wa kabiri, aho abagore bakina na Algeria mu gihe abagabo bakina na Maroc ndetse na Algeria.
Uko amakipe agabanyije mu matsinda mu cyiciro cy’abagore:
– Itsinda A: Nigeria, Misiri na Gambia
– Itsinda B: Rwanda, Algeria na Niger
– Itsinda C: Maroc, Sierra Leone, Sudani na Botswana
– Itsinda D: Mozambique, île Maurice na Côte d’Ivoire
Uko amakipe agabanyije mu matsinda mu bagabo:
– Itsinda A: Nigeria, Ghana, île Maurice, Botswana na Tanzania
– Itsinda B: Mozambique, Afurika y’Epfo, Gambie, Sudani na Zambia
– Itsinda C: Sierra Leone, Angola, Bénin na Côte d’Ivoire
– Itsinda D: Rwanda, Maroc, Algeria na Misiri



















TANGA IGITEKEREZO