Mu mpera z’icyumweru gishize, inzu nshya y’imikino muri École Belge ni yo yari yatoranyijwe ngo yakire imikino ya kamarampaka hagati y’amakipe yaje mu myanya ya mbere muri shampiyiona y’umukino wa Volleyball mu Rwanda.
🚨𝐀𝐌𝐀𝐊𝐔𝐑𝐔 𝐌𝐀𝐒𝐇𝐘𝐀🚨
Imikino ya nyuma ya Play-offs ya Volleyball yagombaga kubera ku bibuga byo muri Ecole Belge ntikihabereye.
Nyuma y'amasaha ane y'ibiganiro, ubuyobozi bw'iri shuri bwavuze ko Umujyi wa Kigali wanze ko ibi bibuga bishya bikomeza gukinirwaho nubwo… pic.twitter.com/as2PhivsTE
— IGIHE Sports (@IGIHESports) May 24, 2024
Aha ariko ubwo imikino yajyaga gutangira, amakuru IGIHE yabonye ni uko habanje kubaho gutinda nyuma y’uko ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali butangarije ko ino nzu hari ibyo itaruzuza ngo yemererwe kwakira imikino, gusa nyuma y’ibiganiro imikino iza gukinwa kuwa gatanu no kuwa gatandatu w’icyumweru gishize.
Nyuma y’iyi mikino, iyi nzu ni nayo yari bwakire imikino ya nyuma ku makipe yitwaye neza mu cyumweru gishize ndetse n’imikino y’umwanya wa gatatu yagombaga gutangira kuva ku masaha ya saa munani z’amanywa.
Ubwo aba bajyaga gukina ariko, baje kubwirwa nanone ko Umujyi wa Kigali wongeye kwanga ko bahakinira, niko kwemeza ko bakwerekeza muri École Notre Dame des Anges i Remera mu gihe hari hategerejwe ko umukozi w’Umujyi wa Kigali agera ku Gisozi bityo yemerere iyi nyubako gukoreshwa maze ize kwakira imikino ya nyuma yari butangire saa kumi n’imwe z’umugoroba.
Uyu mukozi ariko ubwo yahageraga ngo yaje gutangaza ko bitakunda ko imikino ihakinirwa kubera ko ngo itiyo izana amazi mu bwiherero idakora neza ndetse na Kizimyamwoto itavubura amazi uko bikwiye. Nyuma yo kwemera guhindura iyi Kizimyamwoto, Umujyi wa Kigali wakomeje gutsemba kugeza aho bigeze saa moya z’umugoroba, niko kwemeza ko imikino yimurwa yose igakinirwa i Remera.
Aha ariko ubwo twavuganaga n’Umujyi wa Kigali, badutangarije ko ntaho bahuriye no kwanga ko imikino iba, ahubwo ko ubuyobozi bwa Ecole Belge ari bwo bwatangaza impamvu butahakanye ko iki kibuga kitarategurwa neza, kugira ngo ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball rishake ikindi kibuga.
Bagize bati "Twebwe iriya nyubako cyo kimwe n’ibindi bikorwa bya Siporo iyo bigiye gufungurwa bisaba uburenganzira bwo gukora. Uko ni nako byagenze kuri École Belge aho batwandikiye babidusaba maze tuza kubasura tubasaba ko hari ibyo bakuzuza kugira ngo bagihabwe. Kugeza ubu bari batarabyuzuza aho ubwo ari bo bakoze amakosa yo kutabibwira Federasiyo."
Iyi nkuru yo kwimura imikino bitinze ikaba itashimishije abakunzi b’umukino wa Volleyball bari baje ku bwinshi muri École Belge, aho bari baguze amatike y’ibihumbi 10 Frw n’ay’ibihumbi 3 Frw, aho amakuru avuga ko imyanya yose yari yacurujwe, ku buryo byabaye ikibazo gikomeye bageze kuri Des Anges aho imikino yabereye kuko bose batakwirwagamo.
Umukino w’umwanya wa gatatu urahuza REG VC na Police VC, ukaza gukurikirwa n’umukino wa nyuma mu bakobwa hagati ya APR VC na Police VC. Umukino usoza umunsi urakinwa hagati ya APR VC na Kepler VC.
There are infrastructure issues that will really make you understand what Afande says and how important the contribution of infrastructure development by the government has been to sports in this country.
Gukina saa sita ntabwo bikwiye ariko next season Kinyinya turabikemura.
— Nathalie Munya (@nathmunya) May 24, 2024



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!