Imikino y’iri rushanwa ribaye bwa mbere, yabaye iminsi ibiri, ikinirwa mu nzu y’imikino n’imyidagaduro ya Gisagara.
Mu bagabo hari hitabiriye amakipe atatu ari yo REG VC, Police VC na Gisagara, mu gihe mu bagore hari hitabiriye RRA WVC, Police WVC na RP Huye.
Imikino y’amajonjora mu bagabo yabereye i Gisagara isiga REG VC na Police VC zigeze ku mukino wa nyuma, mu gihe mu bagore yabereye muri Kaminuza y’u Rwanda Ishami rya Huye, RRA WVC na Police WVC aba ari zo zigera ku mukino wa nyuma.
Mbere y’uko hakinwa imikino ya nyuma ku wa Gatandatu, mu gitondo Minisitiri w’Ibidukikije, Dr. Arakwiye Bernadette, yifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Gisagara mu muganda wo gutangiza icyumweru cy’ibidukikije mu Rwanda no gusoza umushinga #GreenAmayaga.
Iyi mikino ya nyuma yose yabereye mu nzu y’imikino ya Gisagara aho habanje gukinwa umukino wa nyuma mu bagore. Ikipe ya RRA WVC yatangiye umukino neza itwara amaseti abiri ya mbere itsinze Police WVC amanota 26-24 ndetse na 25-22.
Iyi kipe yasabwaga iseti imwe igatwara igikombe cyangwa igatsindwa imwe igatsinda indi ariko Police WVC itsinda amaseti abiri yakurikiyeho ku manota 25-15 na 25-23, hitabazwa kamarampaka.
Mu iseti ya gatanu ya kamarampaka, Ikipe ya RRA WVC yasoje umukino neza iyitsinda ku manota 15-11 yegukana igikombe itsinze amaseti 3-2.
Uyu mukino wakurikiwe n’uwo mu bagabo na wo wari ukomeye hagati y’Ikipe ya REG VC kuko wasabye ko hakinwa amaseti atanu. Ikipe ya REG VC yegukanye iseti ya mbere itsinze amanota 25-19 ndetse n’iya kabiri ku manota 25-18.
Ikipe ya REG VC yagarutse mu mukino neza, yegukana iseti ya gatatu yari iya mbere yayo ku manota 25-23 inatatwara iya kane y’umukino ku manota 25-22 amakipe yombi anganya amaseti 2-2, ibyari bivuze ko hagomba kwitabazwa iseti ya gatanu ya kamarampaka.
Iyi seti na yo Ikipe ya Police VC yayitwaye itsinze amanota 15-11, yegukana umukino ku maseti 3-2 inatwara igikombe.
Ibikombe Police VC na RRA WVC zegukanye, byari baherekejwe na miliyoni 4 Frw mu gihe REG VC na Police WVC zabaye iza kabiri zabonye miliyoni 3 Frw. Amakipe ya gatatu mu byiciro byombi ari yo Gisagara VC na IPRC Huye yabonye miliyoni 1,5 Frw.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!