Ubusanzwe muri iyi nama abasenyeri ba Kiliziya Gatolika nibo babaga bemerewe gutora.
Kuri uyu wa Gatatu Papa Francis yazanye impinduka mu migendekere y’iyo nama, aho n’abalayiki cyangwa abandi bagize inzego za Kiliziya Gatolika bazajya baba bahagarariwe n’abantu 70.
Muri abo balayiki, 50 % bagomba kuba ari abagore na 50 % b’abagabo, ibintu bibayeho ubwa mbere mu mateka.
Sinode ni inama nkuru ihuza abasenyeri ba Kiliziya Gatolika ku Isi, igaterana ku busabe bwa Papa kugira ngo haganirwe ku ngingo runaka. Ntabwo inshingano zayo ari uguhindura amahame ya Kiliziya, icyakora itanga ibitekerezo ikanatora imyanzuro igenderwaho na Papa afata ibyemezo.
Sinode y’uyu mwaka iteganyijwe mu Ukwakira.
Vatican yatangaje ko uku kwemerera abagore kugira ijambo muri Kiliziya, bijyanye n’aho Isi igeze mu guha uburenganzira n’ijambo igitsinagore.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!