00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bari kureba uburyo byakorwamo- Mufti w’u Rwanda ku byerekeye gutora Adhan mu gitondo

Yanditswe na IGIHE
Kuya 28 May 2026 saa 10:08
Yasuwe :

Mufti w’u Rwanda, Sheikh Sindayigaya Musa yatangaje ko ibiganiro birenze kimwe yagiranye na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu byasize icyizere cy’uko gutora Adhan hakoreshejwe indangururamajwi mu masaha ya mu gitondo, bishobora kongera kwemerwa.

Yabigarutseho mu kiganiro n’abanyamakuru cyabayeho mu kwizihiza Umunsi Mukuru w’Igitambo uzwi nka Eid Al-Adha, ku wa 27 Gicurasi 2026.

Mufti w’u Rwanda, Sheikh Sindayigaya yabajijwe aho icyifuzo cy’Abayisilamu cyo gutora Adhan ya mu gitondo hakoreshejwe indangururamajwi kigeze.

Ni icyifuzo bahaye Perezida Kagame ku wa 25 Werurwe 2026, ubwo yaganiraga na bo muri BK Arena.

Sindayigaya ati “Adhan ubundi iratorwa kereka iya mu gitondo gusa, ubwo na bwo igishaka kuvugwa ni ku ndangururamajwi ariko ubundi Adhan iratorwa no mu musigiti iratorwa, hanyuma ziriya enye zisigaye zitorwa no ku ndangururamajwi ariko iya mu gitondo ni yo kugeza aka kanya idatorwa ku ndangururamajwi.”

Yavuze ko icyifuzo Perezida Kagame yacyakiriye neza, asaba inzego bireba kugisuzuma zikareba uko byagenda.

Icyo gihe Perezida Kagame yagize ati “Icyo kibazo muze kucyiga murebe ikibazo ni iki? Mutinya ababakangura mu gitondo, ni iki? Ubundi ariya masaha ni yo yo gukanguka n’ubundi.”

Mufti Sindayigaya yavuze ko ibiganiro birenze kimwe yagiranye na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu yasanze bari kubyigaho.

Ati “Maze kuvugana inshuro zitari imwe na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu [ni na we wari uhari] rero turi gukorana, turavugana kandi yambwiye ko twihangana bari kureba inzira byakorwamo. Ndumva rero turi gukora ibisabwa kandi na we ari kubikora.”

Muri Werurwe 2022 ni bwo hafashwe icyemezo cy’uko gutora Adhan ya mugitondo bihagaritswe mu mujyi wa Kigali hashingiwe ku biteganywa mu ngingo ya 267 y’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Kureba amafoto menshi kanda hano

Mufti w'u Rwanda, Sheikh Sindayigaya Mussa yavuze ko bari gukora ibisabwa ngo gutora Adhan ya mu gitondo ku ndangururamajwi bisubizweho
Mu Rwanda Abayisiramu bizihije Eid Al-Adha ari benshi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages