00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kiliziya Gatolika yagaragaje ko kongera umubare wa diyosezi ziri mu Rwanda bitoroshye

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 16 March 2026 saa 10:41
Yasuwe :

Inama y’Abepisikopi Gatolika mu Rwanda yagaragaje ko kongera umubare wa diyosezi ziri mu gihugu ari urugendo rutoroshye kuko bisaba gutegereza umwanzuro wa nyuma uturuka mu buyobozi bukuru ku rwego rw’Isi.

Ikinyamakuru Kinyamateka cyatangaje ko abakirisitu gatolika bo mu yahoze ari Perefegitura ya Kibuye mu burengerazuba bw’igihugu, n’igice cyahoze ari Umutara mu burasirazuba, bamaze igihe bifuza ko na byo byagirwa diyosezi mu rwego rwo kubegereza iyogezabutumwa.

Muri Kanama 2023, Umushumba wa Diyosezi ya Nyundo, Musenyeri Anaclet Mwumvaneza, yagaragaje ko abakirisitu bakomeza gutanga icyifuzo, ariko ko kubona igisubizo bashaka byaba ari amahirwe.

Musenyeri Mwumvaneza ati "Icyemezo cyo gushyiraho diyosezi gituruka ku buyobozi bwa Kiliziya Gatolika i Roma. Twebwe dukomeza kubereka ko dukeneye diyosezi, tugategereza igisubizo. Nitugira amahirwe bazayiduha kuko tubona ko ikenewe cyane."

Umunyamabanga Mukuru w’Inama y’Abepisikopi Gatolika mu Rwanda, Padiri Vedaste Kayisabe, yasobanuye ko kugira ngo hemezwe diyosezi nshya, bisabwa i Vatican, bigasuzumwa.

Padiri Kayisabe yagaragaje ko ibyangombwa byashingirwaho mu gusaba ko hemezwa Diyosezi nshya bitaruzura.

Ati "Ibyangombwa byose nibiba byuzuye, abepisikopi bazabisaba, hanyuma babihabwe cyangwa se babwirwe kwihangana, bakabanza kunoza ibitaranoze."

Mu Rwanda hari diyosezi gatolika icyenda, ari zo: Arikidiyosezi ya Kigali, Diyosezi ya Kabgayi, iya Butare, Cyangugu, Gikongoro, Kibungo, Ruhengeri, Byumba na Nyundo.

Diyosezi ya Kabgayi ni imwe mu icyenda ziri mu Rwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages