00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gasabo: Abana barenga 1000 bakize imirire mibi bigizwemo uruhare na Women Foundation Ministries

Yanditswe na Ntabareshya Jean de Dieu
Kuya 29 November 2025 saa 05:59
Yasuwe :

Umuyobozi w’Umuryango Women Foundation Ministries, Apôtre Alice Mignonne Kabera, yagaragaje ko binyuze muri uyu muryango abana barenga 1000 bari mu mutuku kubera imirire mibi bamaze kuwuvamo kubera urugo mbonezamikurire rwashyizweho mu gufasha abana bo mu miryango y’amikoro make.

Byagarutsweho ubwo Women Foundation Ministries/Noble Family Church yatangizaga ku nshuro ya 19 umunsi wo gushima Imana “Thanksgiving in Action 2025”.

Apôtre Alice Mignonne Kabera yavuze ko rwego rwo kugira uruhare mu buzima bw’abana, Women Foundation Ministries yashyizeho urugo mbonezamikurire bise ‘Feed my sheeps center’ rukoresha arenga miliyoni 100 Frw buri mwaka kandi rwagize uruhare runini mu gukura abana bagera ku 1000 mu mirire mibi.

Ati “Icyo dushaka si uko abana baba mu mutuku, icyo dushaka ni uko biba amateka tukajya tujya gufasha ibindi bihugu. Ntabwo ari ukuvuga ngo uyu munsi bawuvuyemo bawugarukamo, ahubwo gahunda ni uko twese dushyize hamwe twakora ibishoboka byose ba nyina b’abana bakajya gukora.”

Ku bufatanye n’abakirisitu babarizwa muri Noble Family Church kuri uyu munsi hatanzwe miliyoni 30 Frw zizafasha urwo rugo mbonezamikurire.

Mu kwizihiza uyu munsi kandi Women Foundation Ministries yafashije imiryango igera kuri 200 yahawe ibirimo ibiribwa birimo umuceri, akawunga, ibishyimbo, amavuta yo guteka n’ibitenge.

Yavuze ko abana barerwa muri urwo rugo na ba nyina bagiye bafashwa bakubakirwa ubushobozi bwo gukora no kwiteza imbere kuko benshi wasangaga ari ba ntaho nikora.

Apôtre Mignonne Kabera igikorwa cya Thanksgiving ari igikorwa kijyana n’icyerekezo cy’igihugu gishyira imbere umuturage kuko nabo ari byo bagenderaho.

Ati “Ni igikorwa navuga ko gifite ahantu gihurira n’umurimo w’Imana ndetse n’icyerekezo cy’u Rwanda cyane cyane ko dushingira kuri Kristo. Iyo tureba ibikorwa byose kristo yakoraga, impuhwe yagiraga nubwo koko yashakaga ko abantu batarimbuka, wabonaga ko ashaka ko abantu babaho neza bakiri inaha. Bakabaho ubuzima bwuzuye, ubuzima bw’umwuka ndetse n’uburyo bufatitse ukabaho nk’uko bikwiriye.”

Kuri uyu munsi kandi Apôtre Mignonne Kabera yagaragaje ko itorero ryaguriye inzu umwe mu bakirisitu utari ufite aho kuba.

Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kinyinya, Havuguziga Charles, yashimye Women Foundation Ministries ku bikorwa byiza bakora.

Nizeyimana Sophia uheruka kubakirwa inzu na Women Foundation yavuze ko yari mu buzima bubi ariko kuri ubu byamaze guhinduka.

Ati “Nari ndi mu buzima bubi ntabasha kuvuga ngo mbirangize, nakoze byinshi ngira ngo aho ngera biranga ndetse byari bigiye kuba ngombwa ngo ntandukane n’umugabo, umwe ajye iwabo n’undi iwabo kubera ubukene no gusohorwa mu nzu. Ariko ngeze muri Women Foundation Imana ingirira neza umushumba Imana imugirira neza.”

Biteganyijwe ko ku wa 29 Ugushyingo 2025, haba umwiherero w’abashakanye ugenewe gusa abantu batumiwe.

Apôtre Alice Mignonne Kabera yavuze ko Thanksgiving igamije guteza imbere abaturage
Apôtre Alice Mignonne Kabera yavuze ko mu rwego rwo kugira uruhare mu buzima bw’abana, Women Foundation Ministries yashyizeho urugo mbonezamikurire
Abakirisitu bo muri Noble Family Church bari bitabiriye ku bwinshi
Abana barererwa mu Irerero rya Feed my sheep center bari mu mutuku bamaze kuwuvamo
Nizeyimana Sophia uheruka kubakirwa inzu na Women Foundation yavuze ko yari mu buzima bubi ariko kuri ubu byamaze guhinduka
Apôtre Alice Mignonne Kabera yiyemeje gukomeza gushyigikira imikurire y'abana
Women Foundation yubakiye utari ufite aho kuba
Abadafite amikoro bahawe n'ibitenge
Abaremewe bahawe ibiribwa birimo umuceri n'amavuta
Abafite amikoro make baremewe

Amafoto: Habyarimana Raoul


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages