Ni igiterane kigamije kugira Gahini ahantu h’ubukerarugendo nyobokamana hashingiwe ku bitangaza byagiye bihabera mu myaka yatambutse.
Iki giterane cy’iminsi itatu cyatangiye ku wa Gatatu, tariki 6 Nzeri 2023. Abacyitabiye biganjemo abaturutse mu Rwanda, Uganda ,Kenya na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Ugeze i Gahini bakubwira amateka anyuranye ajyanye n’imyemerere arimo ‘Urukuta rw’Ibitangaza’, ’Inzu y’Ubumwe’, ‘Aho gutera igikumwe ushimangira ko utazava kuri Yesu’ n’amateka y’ububyutse bwakwiriye muri Afurika y’Iburasirazuba.
Ububyutse bwa Gahini buhera mu 1936, ubwo imbaraga z’Imana zamanutse ahantu hose zigakangaranya abanyabyaha, benshi bakemera kwihana, izo mbaraga zinakwira Afurika y’Iburasirazuba.
Urukuta rw’Ibitangaza rwagaragaye mu 2004, ubwo urukuta rw’inyubako ya Diyosezi rwiyasaga nta kirusagariye, byahuriranye n’uko mu Itorero rya Gahini harimo ibibazo by’amacakubiri.
Ubwo yatangizaga igiterane cy’ububyutse, Musenyeri wa Diyosezi ya Gahini mu Itorero Angilikani ry’u Rwanda, Dr. Gahima Manasseh, yavuze ko icyo giterane cyabanzirijwe n’ibiterane hirya no hino muri za paruwasi zose kandi byatanze umusaruro aho abantu bihannye ibyaha ari benshi.
Yavuze ko bamwe bavuye mu gukoresha ibiyobyabwenge, abandi baretse amakimbirane mu miryango n’ibindi.
Intego y’Igiterane igira iti “Nimutange imibiri yanyu, ibe ibitambo bizima byera bishimwa n’Imana, ariko kuyikorera kwanyu gukwiriye”. (Abaroma 12:1).
Igiterane cy’iminsi itatu kizarangwa n’umwanya w’ubutumwa, guhimbaza Imana, guhana ubuhamya no gusenga hasengerwa ibyifuzo bitandukanye.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!