00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kiliziya Gatolika yaciye Abapadiri bigometse kuri Papa

Yanditswe na IGIHE
Kuya 2 July 2026 saa 10:57
Yasuwe :

Vatican yatangaje ko Kiliziya Gatolika yafashe icyemezo cyo guca no kwirukana bamwe mu bapadiri ndetse n’abandi bakirisitu basanzwe bari mu muryango wa ‘Society of St. Pius X’ w’abarwanya Kiliziya, nyuma yo kwigomeka ku buyobozi bwa Papa Leo XIV no gukora ibikorwa binyuranyije n’amategeko ya Kiliziya.

Iri tangazo ryashyizwe hanze n’urwego rukuru rwa Kiliziya rushinzwe inyigisho z’ukwemera, rivuga ko abo bantu bari muri uyu muryango ukorera mu Busuwisi wiyomoye kuri Kiliziya, ukaba waragiye utandukira inyigisho zemewe na Vatican.

Abafatiwe iki cyemezo bivuze ko badashobora gutanga amasakaramentu y’ugushyingirwa n’andi.

Muri Nyakanga nibwo uyu muryango watangaje ko abari abapadiri bawo bane bagizwe ba Musenyeri, bikorwa nta burenganzira bwatanzwe na Papa. Abagizwe ba Musenyeri ni Padiri Marc Hanappier, Michel Poinsinet de Sivry, Michael Goldade na Pascal Schreiber.

Ubuyobozi bwa ‘Society of St. Pius X’ buvuga ko bafite Abapadiri 733 hirya no hino ku Isi.

Vatican ivuga ko icyaha gikomeye cyakozwe ari ugushyiraho Abasenyeri batabiherewe uburenganzira na Papa, ibintu bifatwa nka kirazira ikomeye cyane mu mategeko ya Kiliziya, kuko bibangamira ubumwe bwa Kiliziya Gatolika ku Isi yose.

Iri tangazo rikomeza rivuga ko abakurikiye uwo mutwe, barimo abapadiri ndetse n’abakirisitu bawushyigikiye ku mugaragaro, bose bashyizwe mu cyiciro cy’abitandukanyije na Kiliziya kandi ko batazakomeza kugira uburenganzira bwo gutanga amasakaramentu cyangwa kuyahabwa kugeza igihe, bizicuza bakisubiraho.

Abasenyeri bari barahawe ububasha binyuranyije n’amategeko na bo batangajwe ko baciriweho iteka, hamwe n’abandi bapadiri bane bahindutse abasenyeri mu buryo budakurikije amategeko ya Kiliziya.

Vatican isobanura ko ububasha bwo gushyiraho abasenyeri ari uburenganzira bwihariye bwa Papa, hagamijwe kurinda ubumwe bwa Kiliziya n’inkomoko yayo kuva ku ntumwa za Yezu Kirisitu.

Uyu muryango bivugwa ko urwanya Kiliziya, uzwiho kutemera bimwe mu byemezo by’Inama Nkuru ya Kiliziya ya Vatican II, uharanira gusubira mu migenzo ya kera harimo no gukoresha Misa y’Ikilatini gusa.

Kiliziya ivuga ko iki cyemezo kigamije kurinda ubumwe n’imyemerere ya Gatolika ku Isi yose.

Kiliziya Gatolika yiciye aba Bapadiri bane baherutse kugirwa ba Musenyeri binyuranyije n’amategeko

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages