Iteka ryemejwe n’Umushumba Mukuru wa Kiliziya, Papa Leo XIV, rivuga ko Yezu ashobora kuba yarigiye ku magambo y’ubwenge ya nyina, Mariya, ariko ko ibyo bidasobanuye ko yamufashije gucungura abantu bari bagiye kurimbuka.
Iri teka rigira riti “Ntibyaba bikwiye gukoresha ijambo ‘uwafashije gucungura’…Iri jambo ryateza urujijo no kudahuriza ku kuri kw’abizera b’abakirisitu.”
Iri teka rishobora guteza impaka ndende mu bayoboke ba Kiliziya Gatolika barenga miliyari 1,4 kuko bamwe mu bashumba bemezaga ko Mariya yagize uruhare mu gucungura abantu.
Hashize igihe kinini abahanga muri Kiliziya Gatolika n’abandi bakirisitu muri rusange bajya impaka ku ngingo yo kuba “Mariya, Nyina w’Imana” yarafashije Yezu gucungura abantu.
Papa Yohani Pawulo II wayoboye Kiliziya Gatolika kuva mu 1978 kugeza mu 2005 we yabanje kwemeza ko Mariya yafashije Yezu gucungura abantu, ariko byageze mu myaka ya 1990 ntiyongera kubivuga kubera ko Vatican yari yatangiye kubishidikanyaho.
Papa Francis wayoboye Kiliziya Gatolika kuva mu 2013 kugeza muri Mata 2025, mu 2019 we yagaragaje ko kwemeza ko Mariya yafashije Yezu gucungura Isi ari “ubusazi” kuko Mariya atigeze agira ubwo bushake.
Icyo Kiliziya Gatolika yemera nk’uko iteka ryasohotse uyu munsi ribyemeza, ni uko Mariya yabaye ihuriro ry’Imana n’ikiremwamuntu, kubera ko yabyaye Yezu, agafungurira abantu amarembo y’agakiza.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!