00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Papa Leo XIV agiye kugirira uruzinduko rwa mbere mu mahanga

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 8 October 2025 saa 12:57
Yasuwe :

Nyuma y’amezi ane Papa Leo XIV ayobora Kiliziya Gatolika, agiye gukorera uruzinduko rwa mbere mu mahanga ndetse azahera ku rwo Papa Francis yari yarateguye ariko ntiyabasha kurukora.

Ni uruzinduko Papa Leo XIV azagirira mu bihugu byo mu Burasirazuba bwo Hagati ari byo Turikiya na Liban mu Ugushyingo uyu mwaka, nyuma y’uko Papa Francis yari yapanze kubisura mbere y’uko yitaba Imana ariko akaza kubisubika bitewe n’uburwayi.

Papa Leo XIV azahera muri Turikiya tariki 27-30 Ugushyingo 2025, akomereze muri Liban kuva tariki ya 30 Ugushyingo kugeza ku ya 2 Ukuboza.

Gusura ibyo bihugu byombi bisanzwe byiganjemo abayoboke b’idini ya Isilamu bigamije gushimangira ubumwe hagati y’ayo madini yombi.

Muri urwo ruzinduko kandi biteganyijwe ko Papa Leo XIV azagira umwanya wo kuganira ku ngingo ijyanye n’amahoro mu Burasirazuba bwo Hagati n’ingorane abakirisitu bahuye na zo muri iki gihe hari kuba intambara muri Gaza.

Papa waherukaga gusura Liban ni Papa Benedict XVI mu 2012.

Liban ni kimwe mu bihugu by’Abarabu kiyobowe n’umukirisitu ndetse ni na cyo gifite umubare munini w’abakirisitu mu Burasirazuba bwo Hagati bwose kuko bagera kuri 1/3 cy’abayituye.

Ni mu gihe muri Turikiya, Papa Francis azanasura agace ka Iznic kabereyemo Inama ya Nicaea mu myaka 1700 ishize.

Ni inama yatangiwemo icyerekezo mu bijyanye n’imyemerere ya gikirisitu kuko hari ingingo zitumvikanwagaho icyo gihe zirimo uburyo bwo gufata Yezu no gushyiraho amategeko amwe n’amwe.

Papa Leo XIV agiye kugirira uruzinduko rwa mbere mu mahanga

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages