Iki gikorwa cyari kimaze imyaka irenga 30 kitakibaho. Papa ubwe yikoreye umusaraba amasaha hafi abiri, igikorwa gisaba imbaraga z’umubiri cyaherukaga gukorwa na Mutagatifu Yohani Pawulo wa Kabiri hagati ya 1980 na 1994.
Inyubako ya Colosseum yahoze ari ahantu hihariye hagenewe iki gikorwa kuva mu mwaka wa 1756 mu guha icyubahiro Kristo ndetse n’abakristu bo hambere bishwe bahowe Imana.
Muri uyu mwaka, amasengesho yibanze ku bibazo byugarije Isi muri iki gihe nk’intambara, ubukene, ndetse n’itakara ry’indangagaciro z’ikiremwamuntu.
Iki gikorwa kandi, cyumvikanyemo amagambo yihariye yavuzwe na Mutagatifu Francis w’i Assisi mu Butaliyani, mu kwizihiza imyaka 800 ishize yitabye Imana, kuko yapfuye mu 1226.
Papa Leo XIV yasobanuye ko kwikorera umusaraba byari ikimenyetso yakoze ku bushake kugira ngo yifatanye n’Isi iri mu bubabare. Yahamagariye abanyamadini yose guhuriza hamwe imbaraga nk’abaharanira amahoro, bakagendana n’abari mu buribwe



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!