Ubuyobozi bw’umurenge wa Busasamana bwaboneyeho gukingira icyorezo cya Covid 19 kuko mu munsi umwe bakingiye abakristo 516 bakomoka mu matorero atandukanye banakusanya mituweri z’abantu 300.
Umuyobozi w’itorero rya ADEPR ururembo rwa Rubavu, Pasiteri Uwambaje Emmanuel, yavuze ko uretse gukusanya Mituweli, hari n’imiryango ifite abana bari mu mirire mibi bifuza gufasha.
Umuyobozi w’akarere ka Rubavu wungirije ushinzwe imibereho myiza, Ishimwe Pacifique yashimye iki gikorwa, avuga ko kizatuma abaturage bose bishyura mituweli ku gihe.
Ati “Ndabona mu minsi ya vuba abagomba kwishyura ubwishingizi mu kwivuza bazaba barangije kwishyura 100%. N’abo leta yishyurira birumvikana ko izaba yamaze kubishyurira ibi bikorwa byankoze ku mutima kandi natwe ubuyobozi turabizeza ubufatanye aho muzadukenera hose.”
Imibare y’Akarere ka Rubavu igaragaza ko abaturage bagera kuri 23,390 (bangana na 5,9% by’abatuye aka karere bose) bataratanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza, Mutuelle de Santé wa 2021/2022.
Mu bwisungane mu kwivuza 2021/2022 Akarere ka Rubavu kari kuri 94,1% aho mu baturage 399,704 bari bateganijwe kwishyura abamaze kwishyura ari 376,314,abasigaye akaba ari 23,390.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!