00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

ADEPR yasubukuye ibiterane bihuza imbaga byabimburiwe n’icya Pentekote2023 (Amafoto)

Yanditswe na Kanamugire Emmanuel
Kuya 29 May 2023 saa 12:30
Yasuwe :

Nyuma y’umwaduko w’icyorezo cya Covid-19 cyatumye ibiterane bihuza abantu benshi bihagarikwa, Itorero rya Pentekote mu Rwanda, ADEPR ryasubukuye ibyo bikorwa rihereye ku giterane cyo kwizihiza Pentekote cyahurije imbaga kuri Stade ya ULK mu Mujyi wa Kigali, kuri uyu wa 28 Gicurasi 2023.

Ni igiterane cyahawe intego yo gushaka imbaraga z’Umwuka Wera [wamanukiye Intumwa ku munsi wa Pentekote] kugira ngo zibashe gufasha abakirisitu guhamya Umwami wabo [Yesu Kristo].

Pentekote ni umunsi wa 50 uhereye kuri Pasika wizihizwa ku cyumweru cya karindwi uhereye igihe Yesu Kristo yazukiye.

Byari bimenyerewe ko Itorero rya Pentekote mu Rwanda rihuriza hamwe abantu benshi kuri uwo munsi ariko hari hashize imyaka itatu bitaba uhereye igihe icyorezo cya Covid-19 cyahinduriye imikorere y’isi.

Kuri uyu wa 28 Gicurasi nibwo iki giterane cyongeye gusubukurwa ku bufatanye bwa ADEPR, Ururembo rw’Umujyi wa Kigali n’Ubuyobozi bukuru bw’iri torero.

Umushumba Mukuru w’Itorero rya Pentekote mu Rwanda, ADEPR, Pasiteri Ndayizeye Isaï, yavuze ko iki giterane kibimburiye ibindi binini birimo n’igiteganyijwe mu mpera z’uyu mwaka kizahuza ibihugu 13 byo ku mugabane wa Afurika n’u Burayi.

Mu rugendo rw’impinduka zuzuye ADEPR yatangiye harimo no gutegura ibiterane bihuza abantu benshi nk’uburyo bwo gushyira hamwe imbaraga, kuzana ubumwe no gusangira ubunararibonye nk’uko Pasiteri Ndayizeye yakomeje abisobanura.

Ati “Iyo abantu bahuye nk’uku bagasenga bagira imbaraga zo gukora n’ibindi bikorwa bitari ivugabutumwa gusa, nko gufasha abakene, kubaka ibikorwaremezo bijyanye n’igihe. Mu cyumweru gitaha tugiye gukomereza mu Rurembo rwa Muhoza gahunda twatangiye yo guteza imbere imirire myiza mu bana bato turwanya igwingira.”

Yasabye abanyetorero ko niba barakiriye impano y’Umwuka Wera bakwiye kubigaragariza mu bikorwa byo gusabana, ubumwe n’urukundo no kwegera abafite ibibazo.

Ati “Imbaraga z’umwuka wera zituma abantu bagira ihishurirwa ry’aho ubutumwa bwiza bukenewe; hamwe mu ho turi gushyira imbaraga ubu ni mu magereza. Ibyo birajyana n’ubutumwa bwo kurwanya ibiyobyabwenge mu rubyiruko, kugarura abana bataye ishuri, kurwanya ingeso z’uburaya no gufasha abagize ingaruka zikomoka kuri bwo nk’abakobwa batewe inda bakiri bato no gutanga inyigisho zikumira ko bakomeza guterwa izo nda.”

Umunyamabanga Mukuru w’Itorero rya Pentekote muri Kenya, Eli Rope ni we wari umwigisha muri iki giterane. Inyigisho ze zibanze ku magambo ya nyuma Yesu yavuze yenda kuva ku isi ariko n’isezerano yahaye Intumwa ry’uko yagombaga kuboherereza Umwuka Wera kugira ngo batabaho nk’aho ari impfubyi.

Umushumba Mukuru wa ADEPR, Pasiteri Ndayizeye Isaïe n'umufasha we
Iki giterane cyabereye kuri Stade ya ULK ku Gisozi
Ni igiterane cyahuje imbaga y'abakirisitu by'umwihariko aba ADEPR Ururembo rw'Umujyi wa Kigali
Horebu Choir yo muri ADEPR Kimihurura
Igiterane cya Pentekote 2023 ni cyo cya mbere kibaye uhereye igihe Covid-19 yadukiye
Horebu Choir yo muri ADEPR Kimihurura
Korali Sauni yo muri ADEPR Cyahafi, Paruwase ya Muhima
Korali Hoziyana ya ADEPR Nyarugenge ni imwe mu zaririmbye muri iki giterane yanejeje abacyitabiriye mu ndirimo yiswe "Gitare"
Exodus Choir yo muri ADEPR Kagarama mu Karere ka Kicukiro
Pasiteri Rudasingwa Jean Claude wayoboye igiterane

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages