Ni igitaramo giteganyijwe kubera muri Lemigo Hotel ku wa Gatandatu tariki 10 Ukuboza 2022. Ikindi nk’iki cyizwi nka ‘Christmas Carols in a Live Concert’, cyaherukaga kuba mbere ya Covid-19.
Ubuyobozi bwa Choeur International butangaza ko ari igitaramo giteguye neza kandi kizafasha abantu kwishimira no kwizihiza Ivuka rya Yezu [Noheli] ndetse no kwinjira mu mwaka mushya wa 2023.
Mu kiganiro na IGIHE, Umuhuzabikorwa w’iki gitaramo, Safari Claude yagize ati “Ni igitaramo tumaze igihe kirekire dutegura, nyuma y’igihe twarakomwe mu nkokora na Covid-19, abazacyitabira bazagira ibihe byiza kuko twariteguye bihagije.”
Kwinjira muri iki gitaramo ni ukugura amatike, aho abazicara mu myanya isanzwe bazishyura 5000Frw mu gihe iy’icyubahiro ari 10 000Frw ndetse na 20 000Frw.
Choeur International et Ensemble Instrumental de Kigali [CIEIK] CIEIK igizwe n’abaririmbyi b’abahanga babigize umwuga baturuka mu makorali akomeye yo mu Rwanda ndetse n’abanyamahanga bakaba bemerewe kuyiririmbamo mu gihe bagaragaza ubuhanga mu kuririmba.
Inkuru bifitanye isano: https://igihe.com/imyemerere/muzika/article/imbamutima-za-choeur-international-yabaye-iya-kabiri-mu-irushanwa-rya-korali



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!