00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibitangaza byabaye! Apostle Lubega yahembuye imitima y’Abakirisito muri BK Arena (Amafoto & Video)

Yanditswe na Mahoro Vainqueur
Kuya 5 February 2023 saa 07:42
Yasuwe :

Apostle Grace Lubega washinze itorero rya Phaneroo Ministries International rifite icyicaro i Kampala, yahembuye imitima ya benshi mu gitaramo cy’imbaturamugabo cyabereye muri BK Arena.

Ni igiterane cyiswe ‘Rwanda Revival Conference’ cyabaye ku mugoroba wo ku wa 4 Gashyantare 2023, gihuza abakristu bavuye hirya no hino mu Rwanda no hanze yarwo.

Iki gitaramo cyatangiye ku isaha munani z’umugoroba, cyaririmbyemo abahanzi n’amakorari atandukanye arimo True promises , Rwanda Manifest Choir , Elayone Music yifashishije indirimbo zitandukanye zo kuramya no guhimbaza Imana.

Abandi baririmbye muri iki gitaramo cy’ububyutse barimo James na Daniella bamenyerewe mu Rwanda mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana n’umuhanzi Levixone na Kajambiya bamenyerewe mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana muri Uganda.

Bishop Gahungu Bunini niwe wakiriye Apostle Grace Lubega wari utegerejwe na benshi , atangirana indirimbo yinjiza abakristu mu mwuka wo kuramya no guhimbaza Imana.

Apostle Grace Lubega wamaze amasaha abiri abwiriza, yasabye abakristu gusengera u Rwanda, ababwira ko impinduka Imana yasezeranyije u Rwanda zitaraza ashimira abanyarwanda kubwo gukunda igihugu cyabo.

Ati “Ndashaka ngo twese turi aha muri iki cyumba dusengere u Rwanda , nyuma y’iryo sengesho nzi neza ko hari ikintu cy’itandukaniro kigiye kuba muri iki gihugu ku bw’icyubahiro cy’Imana. Numvise ko hari bamwe mu bayobozi bari hano mwarakoze kubwo gukunda igihugu cyanyu.”

Mu gihe yabwirizaga yasobanuriye abamukurikiye icyo ’ububyutse’ bivuze ababwira ko bisobanuye kuvugurura, gusubira bundi bushya, gusana no gusubira aho umuntu akwiriye kuba.

Yagaragaje ko ububyutse buri mu Rwanda, kandi Abanyarwanda bose bakeneye gushingira kubyo Imana ikora.

Apostle Lubega yasabye abantu kureka gushakisha amavuta kugira ngo bagure imodoka cyangwa babone uko bajya muri Amerika, abashishikariza kwiga gusenga Imana by’ukuri.

Yasoje ubutumwa bwe asengera abarwayi, abasaba gufata aho babara bakizera ibitangaza by’Imana.

Nyuma y’isengesho ry’abarwayi, bamwe muri bo bavuze ko bari barwaye indwara yo kubabara umugongo, ibibyimba n’amatwi ariko bumva byakize.

Umwe mu batanze ubuhamya ni umukobwa waje amaze ukwezi arwaye ikibyimba ku ibere ry’iburyo. Yari yarihebye azi ko hazazamo kanseri ariko nyuma yo gusenga akizera, yatashye yakize.

Undi watanze ubuhamya ni umubyeyi w’imyaka 56 wari ufite ikibazo cyo kwihindukiza ndetse abaganga bakaba bari baramubwiye ko amagufwa y’umugongo we yatandukanye. Na we yatashye ari muzima.

Manifest Fellowship yatumiye Apostle Grace Lubega igize igice cy’umurimo w’ivugabutumwa rya Phaneroo Ministries International iyoborwa na Apostle Grace Lubega ifite icyicaro i Kampala muri Uganda.

Abantu bari urujya n'uruza mbere y'amasaha yagenwe ngo igiterane gitangire
Abato n'abakuru bari babukereye muri iki giterane cyahembuye imitima ya benshi
Umutekano wari ucunzwe neza kuri BK Arena aho igiterane cyabereye
Hasuzumwaga ko abitabiriye bikingije Covid-19
Urubyiruko rwari rugize umubare munini w'abitabiriye
Uyu mubyeyi yafashwaga kureba ko yikingije Covid-19 kugira ngo abone kwinjira mu gitaramo
Ababyeyi bazanye n'abana babo kumva ijambo ry'Imana babifashijwemo na Apostle Lubega
Imodoka zazanye abakristo baturutse muri Uganda zari ziparitse kuri BK Arena
Uko amasaha yigiraga imbere, abitabira igiterane bagendaga biyongera
Byari ibyishimo ku baturutse mu mahanga baje gukurikirana igiterane cyigishijemo Apostle Lubega
Bifotoreje imbere y'icyapa cyamamaza igiterane cya Lubega, bishimira kuba bamwe mu bagiye kumubona abwiriza
Ibyishimo byagaragaraga ku maso ya buri wese
Umuhanzi Irene Mercy (iburyo) na Apostle Lubega
Aha bazamukaga bagana ahabereye igiterane muri BK Arena
Ababyeyi bafashijwe, bashima Imana
Yumvise gukomera kw'Imana, ayiha icyubahiro
Buri wese mu bushobozi bwe, yagerageje kwiyegereza Imana muri iki giterane
Abato n'abakuru bicishije bugufi, baha Imana icyubahiro muri iki gikorwa
Ababyeyi bahaye Imana icyubahiro kubw'ibitangaza byayo bidashira
Abagabo baciye bugufi, basaba Imana gukomeza kubagirira neza
Urubyiruko rwafashijwe cyane
Ababwirizabutumwa batandukanye bahuje imbaraga, barushaho gusabira isi amahoro n'imigisha
Uyu mubyeyi yazamuye icyubahiro cy'Imana, ayisaba gukomeza kumurinda
Indirimbo zo guhimbaza no gushima Imana zafashije abitabiriye kurushaho kujya mu mwuka
Indirimbo zo guhimbaza Imana zanyuze benshi
Ibyishimo byari byose uko barushagaho gususurutswa mu mbyino zihimbaza Imana
Mu bitabiriye harimo n'abari bavuye muri Uganda
Lubega yagaragaje ko Imana ari yo kwizerwa mu bihe byose
Apostle Lubega yasabye buri wese kwegera Imana, ikamufasha mu bibazo bye
Umuhanzi Aline Gahongayire ari mu bafashijwe n'inyigisho za Apostle Lubega
Amashimwe yari yose kuri Aline Gahongayire
Mu masaha abiri Lubega yamaze abwiriza, yasize afashije abakristo benshi kubona amavuta mashya
Uyu mubyeyi yasanzwe n'ibyishimo nyuma yo gukorerwa ibitangaza mur iki giterane
Apostle Lubega yahobeye uyu mubyeyi nyuma yo gukorerwa igitangaza
Yari arwaye ibirenge ariko yatashye byakize
Apostle Lubega yamanutse, yegera abitabiriye buri wese atanga ubuhamya bw'ibyo Imana yamukoreye
Amarira yari yose nyuma yo gukira indwara yaje arwaye
Ibitangaza byakoretse muri iki giterane cy'imbonekarimwe
Apostle Lubega yaramburiye ibiganza ku bitabiriye, abafite indwara, ibikomere byo ku mutima n'ibindi bibazo birakemuka
Ibitangaza byabaye ku bwinshi, hitabazwa ubundi butabazi
Yisunze urukuta, imitwaro ye yose ayikoreze Imana ngo imufashe
Buri wese mu mwanya arimo yakozwe ku mutima n'inyigisho za Apostle Lubega

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages