Ni igitaramo yatangaje ubwo yari abajijwe uruhisho afitiye Abanyarwanda cyane ko amaze iminsi ataramira hanze y’igihugu cyane.
Mu kiganiro cyihariye yahaye IGIHE, Israel Mbonyi, yavuze ko mu Ukuboza 2023 ateganya kongera gukora igitaramo kinini azamurikiramo album ye nshya yise "Nk’umusirikare".
Ati “I Kigali mu Ukuboza 2023 ni ibisanzwe tuzongera dutarame!”
Ni album aherutse gufatira amashusho mu gitaramo yakoreye mu Intare Arena ndetse kugeza ubu indirimbo ya mbere mu ziyigize ari na yo yayitiriye yamaze kuyisohora.
Israel Mbonyi ateguje igitaramo gikomeye abakunzi be mu gihe mu mpera z’umwaka ushize icyo yakoze kuri Noheli cyasize inkuru kuko abakunzi b’umuziki we bari bakubise buzura muri BK Arena yari imaze iminsi itangaje ko amatike yose yacyo yashize.
Israel Mbonyi ategerejwe mu gitaramo kizabera mu Bubiligi ku wa 11 Kamena 2023 mbere y’uko ataramira no mu bindi bihugu bitandukanye byo ku Mugabane w’u Burayi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!