00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Messengers Singers na Israel Mbonyi bishimiwe mu gitaramo cyafatiwemo amashusho ya Album (Amafoto)

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 10 September 2023 saa 08:23
Yasuwe :

Israel Mbonyi uri mu bahanzi baririmba indirimbo zihimbaza Imana na Messengers Singers, Itsinda ry’abasore bahimbaza Imana rikorera ivugabutumwa mu Itorero ry’Abadiventisiti b’Umunsi wa Karindwi; bishimiwe mu gitaramo bahuriyemo.

Ni mu gitaramo cyari cyiswe “Siryo Herezo Live Concert” cyabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 9 Nzeri 2023 muri Expo Ground i Gikondo.

Cyabereyemo “Live Recording’ y’indirimbo 10 zigize album nshya ya Messengers Singers.

Iri tsinda niryo ryabanje ku rubyiniro risusurutsa abantu muri izi ndirimbo zafatwagwa mu buryo bwa live. Ryaririmbye indirimbo nyinshi ryimara ipfa cyane yari umunsi waryo.

Aba baririmbyi bagiye ku rubyiniro kabiri, baririmba indirimbo zirimo iyo bise “Siryo herezo”, “Sinziheba”, “Yesu arakomeye”, “Rubanda”, “Ajya Amba Hafi”, “Senga”, “Sinziheba” n’izindi.

Izi ndirimbo zari ziganjemo inshya abantu bamwe batari bazi ariko wasangaga kubera umudiho wazo n’uburyo zari zoroshye kuzifata, bajyanaga naryo ijambo ku rindi nyuma yo kuzumvaho gato.

Nyuma yo kuririmba kw’iri tsinda ryakurikiwe na na Israel Mbonyi, waririmbye indirimbo ze zitandukanye zakunzwe zirimo “Karame”, “Nzaririmba” na “Ku marembo y’ijuru’’.

Uyu muhanzi yavuze ko yishimiye uburyo yakiriwe ku rubyiniro. Ati “Nishimiye uko mwanyakiriye muri mu mavuta.”

Umuyobozi wa Messengers Singers, Ishimwe Emile, yabwiye IGIHE ko uko batekerezaga igitaramo ntaho bitandukaniye n’uko byagenze.

Ati “Igitaramo uko cyagenze neza uko twabiterekerezaga niko cyagenze. Amasaha yabaye make. Ikindi gitaramo nk’iki kizaba umwaka utaha ariko ntabwo bizatubuza gukora ibindi bito.”

Yavuze ko bahisemo gutumira Mbonyi kuko ari umwe mu bahanzi bahagaze neza mu muziki wo kuramya Imana kandi ufite umubare munini w’abakunda ibihangano bye.

Muri iki gitaramo hanagaragajwemo amateka ya Messengers singers. Iri tsinda ryashinzwe ku wa 30 Kamena 2009. Rigizwe n’abaririmbyi barindwi; ryatangiriye ivugabutumwa binyuze mu ndirimbo muri College Adventiste de Gitwe mu Karere ka Ruhango mu Majyepfo y’u Rwanda.

Kugeza ubu iri tsinda rifite album ebyiri z’amajwi na album imwe y’amashusho n’izindi ndirimbo ryagiye risohora zitandukanye zikanyura imitima y’abakunzi b’ibihangano bihimbaza Imana.

Muri iki gitaramo bakoze bafataga amashusho y’indirimbo zigize album yabo nshya bazashyira hanze mu mini iri imbere bise “Siryo Herezo”.

Messengers Singers yari yateguye igitaramo cyo gufata amashusho y'indirimbo 10 zigize album nshya bagiye gushyira hanze
Messengers Singers yakoze igitaramo cyitabiriwe
Messengers Singers iri kwitegura gukora ibindi bitaramo byinshi
Mbonyi amaze iminsi agaragaza ko ari umwe mu bahanzi bakunzwe mu bahanzi baririmba indirimbo zo kuramya Imana
Messengers Singers yagiye ku rubyiniro kabiri ikora 'live recording' ya album yayo nshya
Messengers Singers ni itsinda rigizwe n'abasore gusa
Israel Mbonyi mbere yo kujya ku rubyiniro yabanje gukurikira Messengers Singers bamutumiye bari kuririmba
Israel Mbonyi yahawe umwanya utarenze iminota mirongo ine bibabaza abari bitabiriye igitaramo
Iki gitaramo n'abakiri bato cyabashimishije
Indirimbo z'aba bahanzi zakoze benshi ku mutima
Iki gitaramo cyitabiriwe ku bwinshi
Buri wese yarekanye ko icyubahiro ari icy'Imana
Hozy uri mu bafasha Mbonyi ku rubyiniro yanyuze benshi kubera ijwi rye
Hari bamwe batashye bavuga ko amasaha yari kongerwa
Benshi mu babyeyi bari bitabiriye iki gitaramo batashye bizihiwe
Amashimwe yari menshi muri iki gitaramo
Amashimwe ya menshi ku bakunzi b'umuziki wo guhimbaza Imana
Wari umwanya wo kwiyegereza Imana
Abasore bagize Messengers Singers bakoze iyo bwabaga
Abaramyi bakizamuka bari bahawe umwanya
Abantu basirimbye karahava
Wari umugoroba wo gushima Imana
Uyu mugoroba udasanzwe ku bakunzi bo kuramya Imana wari wateguye na Messengers Singers
Mbonyi yavuze ko yishimiye gutaramira abakunzi be kubera uko yabonye bari bameze
Umunyamakuru Kate Gustave yari umwe mu bitabiriye iki gitaramo
Umwe mu baririmbyi bafashije Messengers Singers yari yafashijwe
Sugira Florence (wambaye umutuku) yari yizihiwe
Abantu bari bitabiriye ku bwinshi
Abakunzi b'umuziki uhimbaza Imana bishimiye ibihe byiza byo guhimbaza
Abagabo nabo bari babukereye
Ababyeyi bashimye Imana muri iki gitaramo

Amafoto: Kasiro Claude


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages