Iki giterane cyiswe ‘Impact Conversion 2023’ giteganyijwe tariki 25-27 Kanama 2023, aho kizajya kibera mu Karere ka Kicukiro, ahazwi nko ku ba Des Amis [Église des Amis].
Cyatumiwemo Pasiteri Julienne Kabanda, Apôtre Sosthene Serukiza n’abandi.
Ubuyobozi bw’Itorero burangajwe imbere na Pasiteri Mugisha n’umugore we, Peace Muzigura butangaza ko iki giterane ari umwanya mwiza wo kwisuzuma nk’abakirisitu kugira ngo barebe uruhare bashobora kugira mu guhindura neza Isi ya none.
Ati “Ni igiterane cy’iminsi itatu twibaza ko kizafasha abazacyitabira gusobanukirwa uruhare rwabo mu gufasha sosiyete babarizwamo. Uretse izi nyigisho, hazabamo benshi bazakizwa, abandi bakire indwara n’ibindi bitandukanye.”
Iki giterane cyitezweho kuzataramamo abaramyi nka René Patrick n’umugore we Agasaro Tracy, Bosco Nshuti ugezweho mu ndirimbo zihimbaza Imana n’abandi.
Ni igiterane kandi cyitezweho kubwirizwamo Ijambo ry’Imana ku buryo hitezwe gukizwa kw’abatari bake mu bazacyitabira.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!