Umuryango wa Bibiliya mu Rwanda (BSR) watanze amahugurwa ku iyogezabutumwa ry’ijambo ry’Imana ku banyeshuri bagera kuri 80, biga mw’Ishuri Rikuri ry’Amabanyi (SFB) hamwe n’abanyashuri biga mu Ishuri Rikuru ry’Ikoranabuhanga rya Kigali ( KIST).
Mu kiganiro abanyamakuru bagiranye n’Umuyobozi ushinzwe itumanaho n’ikwirakwiza Bibiliya mu muryango wa Bibiliya mu Rwanda Pastor Gasare Michel, yavuze ko mu ntego z’umuryango wa Bibiliya mu Rwanda harimo guhindura ibyanditswe biziranenge mu rurimi rwa kavukire rushobora kumvikana no gukoreshwa n’abantu mu gihugu mu buryo bworoshe, kwegereza ibyanditswe biziranenge mu gihugu cyose, gushakisha ubufasha mu gihugu no mu mahanga yo gufasha imirimo ya Bibiliya mu Rwanda, hamwe no kuvuganira Bibiliya binyujijwe mu bikorwa imishinga itandukanye.
Pastor Gasare ati “ Ibyo byose tubifatanya no kwigisha uburubyuruko cyane rukunda Imana, imiyoborere myiza duhereye mu banyeshuri biga muri za Kaminuza, kuko aribo bayobozi bejo hazaza.”
Gasare yavuze ko nk’igihigu u Rwanda, gifite icyerecyezo 2020 gikeneye abayobozi bejo hazaza beza. Ati “Niyo mpamvu dukoresheje ubushake n’umuhamagaro wa Gikoristu tugomba gutegura ejo hazaza h’Abanyarwanda ndetse n’u Rwanda.”
Gatete Roger umwe mubahuguwe ndetse akaba n’Umuyobozi w’abanyeshuri biga mu Ishuri Rikuru ry’Ikoranabuhanga rya Kigali yavuze ibyo bigira mu mahugurwa bahabwa n’umuryango wa Bibiliya mu Rwanda, kandi bifite akamaro n’uburyo umuntu yabaho kandi neza inyuma yo kwiga.



















TANGA IGITEKEREZO