Iyi album yiganjeho indirimbo z’uyu muhanzi ku giti cye, ahamya ko yayikoze agamije ko abakunzi be bongera kumva ijwi rye wenyine.
Mu kiganiro aherutse kugirana na IGIHE, The Ben yagize ati “Nimuyumva neza yiganjeho indirimbo zanjye njyenyine, hari abahanzi benshi twakoranye indirimbo zizagenda zisohoka ariko bitavuze ko nari kuzishyira kuri album kuko nifuzaga kongera kumvisha abakunzi banjye indirimbo zanjye.”
Iyi album nshya ya The Ben yamaze gushyirwa ku mbuga zose zicuruza imiziki, iri gucuruzwa na sosiyete y’Abanya-Nigeria yitwa ‘One Rpm’ imaze kwigarurira isoko rya benshi mu bahanzi ba hano mu Rwanda.
Ni album uyu muhanzi asohoye nyuma yo gukorera muri BK Arena igitaramo cy’amateka cyabaye ku wa 1 Mutarama 2025.
Ku rundi ruhande ni album igiye hanze nyuma y’uko uyu muhanzi yari yarasohoyeho indirimbo nka Ni Forever, True love na Plenty zose yakoreye amashusho.
Umva hano album nshya ya The Ben



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!