Icyumweru gishize cyo kuva ku wa 1 kugeza 7 Gicurasi 2023, habayemo ibikorwa bitandukanye byagarutsweho cyane haba ku mbunga nkoranyambaga no mu bitangazamakuru bitandukanye.
Indeshyo ya Keny Sol yongeye kugarukwaho
Mu cyumweru gishize ni bwo ku mbuga nkoranyambaga hasakaye amafoto y’umuhanzi Rusanganwa Norbert wamamaye nka Kenny Sol, ari muri studio ahagaze ku ntebe kugira ngo ashyikire micro.
Uyu muhanzi wari kumwe na Element muri studio hagaragaye amafoto ahagaze ku ntebe kugira ngo abashe kugera kuri micro neza.
Benshi bahise batangira kubisanisha n’indeshyo ye isanzwe iterwaho urwenya ku mbuga nkoranyambaga.
Imyambarire ya Davis D yavugishije benshi
Mu mpera z’icyumweru ni bwo umuhanzi Davis D yashyize hanze amafoto yambaye ikabutura ngufi n’inkweto za ‘boot’ yifotoje mu buryo butandukanye.
Aya mafoto akijya hanze amagambo yabaye menshi. Benshi mu bayavuzeho baganishaga ku kuba imyitwarire yagaragaje imeze nk’iy’abaryamana n’abo bahuje ibitsina.
Davis D amaze kumenyerwa ko iyo afite ubutumwa bushya ashaka gutanga nk’igihangano gishya, ashaka agashya gatuma agarukwaho cyane mu itangazamakuru no mu bakoresha imbuga nkoranyambaga.
Marina na Ivan Muziki mu mikenyero
Nk’umugeni n’umukwe umuhanzikazi Marina na Ivan Muziki bongeye kuvugisha imbuga nkoranyambaga bitewe n’amafoto y’imikenyero bashyize hanze wagira ngo bari mu birori byo gusaba no gukwa.
Iyi foto yashyizwe ku rukuta rwa Instagram na Marina ayiherekesha amagambo agira ati “Ingabo y’intamenwa karame cyane”.
Abantu bayivuzeho byinshi bamwe bati “ubwo ni indirimbo bagiye gushyira hanze, abandi na bo ngo baba bakoze ubukwe dore ko bombi bamaze igihe mu rukundo”.
Big Red boots zikomeje kwamamara i Kigali
Mu cyumweru cyabanjirije igishize ni bwo Davis D yagaragaraye yambaye inkweto za Big Red Boots zigezweho mu ruganda rw’imideli.
Ku wa Gatandatu ubwo habaga igitaramo cyiswe ‘Nyega Nyega na Skol Lager’, Umuraperi Zeo Trap na we yaraziserukanye. Amakuru IGIHE yamenye ni uko yazikodesheje ibihumbi 80 Frw.
Big Red Boots ni inkweto zakozwe na MSCHF ubwo zashyirwaga bwa mbere ku isoko zaguraga 350$, nubwo abazikoze batangaje ko zashize ariko nko kuri Ebay zakomeje kuboneka zigura 675$ n’aho Poshmark yo izigurisha 1200$.
Shaddyboo yazonze Kidum
Ubwo umuhanzi Kidum yari mu gitaramo i Bruxelles, Shaddyboo yamusanze ku rubyiniro amubyinisha mu buryo budasanzwe, basa n’ababyina ingwatira.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!