00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

A$AP Rocky yarekuwe nyuma y’ukwezi ari muri gereza

Yanditswe na
Kuya 3 August 2019 saa 08:23
Yasuwe :

Urukiko rwo muri Suède rwafashe icyemezo cyo kurekura umuraperi wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, A$AP Rocky, wari umaze ukwezi afunzwe akurikiranyweho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa.

Iki cyemezo cyafashwe kuri uyu wa Gatanu, mu gihe biteganyijwe ko tariki 14 Kanama 2019 aribwo hazasomwa urubanza rwe.

Ubushinjacyaha bwasabye ko uyu musore w’imyaka 30 yakatirwa igihano cy’amezi atandatu ari mu munyururu, gusa we n’abo bareganwa babiri bahakanye ibyaha baregwa.

Nyuma y’aho A$AP Rocky afunguriwe, Perezida Donald Trump yagaragaje ko yishimiye iki cyemezo yari amaze iminsi asaba ubutabera bwa Suède .

A$AP nawe yashimiye bikomeye abantu bamushigikiye mu bihe bikomeye, bagatera amajwi yabo hejuru basaba ko yahabwa ubutabera agataha.

Tariki 03 Nyakanga 2019 nibwo A$AP Rocky n’abandi bari kumwe batawe muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo gukubita umusore witwa Jafar tariki 30 Kamena 2019.

Amashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga yagaragaje A$AP Rocky akubita hasi uyu musore. Ariko nawe yerekanye andi agaragaza uburyo yari yabanje kubakurikira kandi bamwiyamye.

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yari yasabye ko Rakim Mayers, yarekurwa binyuze muri dipolomasi ariko asubizwa ko ubutabera bwaho bwigenga.

CNN yanditse ko hari ibaruwa yandikiwe Suède mu ibanga, Amerika isaba ko barekura vuba na bwangu cyangwa se bikangira ingaruka zikomeye ku mibanire y’ibihugu byombi.

A$AP Rocky yarekuwe nyuma y'ukwezi ari muri gereza

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages