Ibi Kate Bashabe yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na IGIHE ubwo twamusuraga muri Expo, aho yari ari gucururiza amakayi ya ‘Rahura’ asanzwe acuruza.
Mu kiganiro twagiranye, Kate Bashabe yashimiye Leta yafashe icyemezo cyo guca inzoga zitujuje ubuziranenge, izo benshi bita ‘Ibyuma’.
Ati “Ababyeyi ni bo babona akamaro bifite. Ziriya ngamba Leta yafashe zatabaye abantu benshi cyane. Nubwo hari abantu bavuga ngo bahombye iki [...] ariko nta kintu kiruta ubuzima.”
Kate Bashabe yagaragaje ko na we ubwe yiboneye ingero z’ingaruka mbi inzoga z’Ibyuma zigira ku buzima bw’abantu, cyane ko azibona mu bana bakiri bato ndetse no mu bo bakorana.
Ati “Akenshi mba ndi kumwe n’abana bakibyiruka, ndi kumwe n’abakozi banyuranye. Buriya ziriya nzoga ikintu zikora ntiwabyumva [...] ariko by’umwihariko abana bakiri bato ku ishuri, usanga bishora muri izo nzoga ku ishuri bakabirukana. Ni ibintu bibabaje rwose.”
Kate Bashabe yashimiye Leta yafashe icyemezo cyo guca izi nzoga zari ziri kwangiza urubyiruko, nyamara ari rwo Rwanda rw’ejo.
Ati “Ikibazo ni uko urubyiruko ari rwo rwinshi rwari rwarazishoyemo. Ubwo se niba ari rwo rwari ruri gupfa, Igihugu cyaba gisigaye he? Hariya rwose nshyigikiye kiriya cyemezo. Icyuma, wapi”
Kate Bashabe, usanzwe ari rwiyemezamirimo, yanaboneyeho umwanya wo gushimira Leta yaciye ‘Vape’ yari iharawe mu rubyiruko, ahamya ko ari itabi ryica kurusha irisanzwe.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!