Mu masaha ya mbere ya saa sita z’amanywa yo kuri uyu wa Gatanu, abahanzi 11 bari mu irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star III bahagurutse i Kigali berekeza mu Karere ka Rubavu aho bari burare.
Baritegura kuzahakorera igitaramo kuri uyu wa Gatandatu, guhera saa saba z’amanywa. Iki gitaramo nicyo kizasoza ibitaramo bya LIVE by’iri rushanwa.
Kuva amarushanwa ya PGGSS yatangira, Rubavu niho hantu abafana bitabiriye ibi bitaramo ari benshi; barenga ibihumbi 20. Ibi bikaba ari nako byitezwe muri iki gitaramo kizaba ari LIVE.
Mu kiganiro bamwe mu aba bahanzi bagiranye na IGIHE mbere y’uko bahaguruka i Kigali, bavuze ko biteze gushimisha abakunzi b’umuziki batuye muri aka gace nyaburanga.
IGIHE turakomeza kubakurikiranira amakuru y’aba bahanzi, tukazanabagezaho LIVE uko iki gitaramo kizagenda.



















TANGA IGITEKEREZO