Mbere ho umunsi umwe ngo basusurutse urujya n’uruza rw’abatuye Akarere ka Musanze n’inkengero zako, abahanzi 11 bari mu irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star III bararara muri aka karere.
Aba bahanzi bazataramira abafana babo mu gitaramo cya gatatu cya LIVE kizabera Stade Mumena kuri uyu wa Gatandatu, guhera i saa saba z’amanywa.
Iki gitaramo kiri mu bizagenderwaho mu guha amanota aba bahanzi, nuko hagatoranywa umuhanzi ukunzwe kurusha abandi mu Rwanda.
Biteganijwe ko aba bahanzi bahaguruka i Kigali saa munani z’amanywa (2 PM).



















TANGA IGITEKEREZO