00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abahanzi bahataniye PGGSS basuye ishuri rya muzika rya Nyundo (Amafoto)

Yanditswe na Mukwaya Olivier
Kuya 29 April 2017 saa 11:00
Yasuwe :

Abahanzi bari mu irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star iri kuba ku nshuro ya karindwi basuye ishuri ryigisha umuziki rya Nyundo mu Karere ka Rubavu kuri uyu wa Gatanu tariki ya 28 Mata 2017.

Aba bahanzi uko ari icumi bakigera muri iri shuri babanje gutembera mu bice bitandukanye birigize nyuma haba ubusabane n’ibiganiro byabahuje n’abanyeshuri. Abiga umuziki ku Nyundo bacurangiye aba bahanzi baranabaririmbira ari nabwo abanyempano bakomeye bigaragaje batungura aba bahanzi.

Mu biganiro byahuje aba bahanzi n’abanyeshuri biga umuziki byari byiganjemo guhugurana mu byerekeye umuziki. Uwavuze mu izina ry’abahanzi yasize abwiye aba banyeshuri ko nibasenyera umugozi umwe impano zabo zizabageza kure.

Murenzi Janvier umwarimu wa muzika ku Nyundo yavuze mu buryo buvunaguye amateka y’iri shuri na byinshi mu bikorwa by’indashyikirwa rimaze kugeraho mu guha ubumenyi abana ndetse bamwe bakaba baratangiye kwihangira imirimo.

Uyu mwarimu wavuze mu izina ry’ubuyobozi bw’ishuri, yagaragaje ko habaye ubufatanye hagati y’aba banyeshuri n’abahanzi bakunzwe mu gihugu urwego bagezeho rwazamuka byihuse.

Yagize ati “Aba bana mubona nubwo ari bato ibi barimo ni iby’agaciro cyane muzabiyegereze nka bakuru babo muzagera kuri byinshi na bo bazabifashishe mubasangize ku burambe mufite. Nimufatanya mugakorera hamwe muzika nyarwanda muzayigeza kure.”

Nemeye Platini wavuze mu izina ry’abahanzi bose bahatanira Primus Guma Guma Super Star yashimiye aba banyeshuri ku muhate bakomeje kugaragaza mu kwiyungura ubumenyi mu muziki ndetse yababwiye ko hazakomeza kuba ubufatanye mu kuzamura umuziki nyarwanda.

Nemeye Platini wo muri Dream Boyz yavuze mu izina ry'abahanzi

Yagize ati “Mwe mufite amahirwe menshi kuturusha kuko twe twinjiye muri muzika ku bw’impano gusa, ayo mahirwe mufite turifuza kuyabyaza umusaruro tugafatanya mu guhangana na muzika yo hanze kuko yadusize kandi tuzabigeraho nimuzana ubumenyi bwanyu tukabuhuza n’ubwacu n’uburambe dufite.”

Ishuri ry’umuziki rya Nyundo rikorera muri Ecole d’Arts de Nyundo mu Karere ka Rubavu ryatangiye ku mugaragaro kuwa Gatanu tariki ya 24 Ukwakira 2014.

Iri shuri ryatangijwe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere imyuga n’ubumenyi ngiro (WDA) hagamijwe gukuza impano z’Abanyarwanda mu muziki.

Bamwe mu banyeshuri biga umuziki ku Nyundo
Ubwo aba bahanzi bari bakigera muri iri shuri
Murenzi Janvier umwarimu wa muzika ku Nyundo
Mushyoma Joseph, Umuyobozi wa East African Promoters

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages