00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abahanzi bari bususurutse ihuriro ry’urubyiruko bakoreye imyitozo i Dallas

Yanditswe na

Murindabigwi Meilleur

Kuya 23 May 2015 saa 09:05
Yasuwe :

Imyidagaduro ni kimwe mu bikorwa biteganyijwe mu ihuriro ry’urubyiruko i Dallas. Mu rwego rwo gususurutsa abajene bazitabira iki gikorwa, bamwe mu bahanzi bakunzwe muri iki gihe baratumiwe, bamwe baturuka mu Rwanda, abandi hanze yarwo.

King James, Pastor P, Teta, Emmy, Kitoko, Alpha Rwirangira, Angel Uwamahoro, Jean Luc Kaberuka, Jacques Nyungura na K8 Kavuyo ni bo bahanzi bari ku rutonde rw’abari bususurutse ihuriro ry’urubyiruko rigiye kuba ku nshuro ya mbere.

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu, benshi muri bo bafashe umwanya bakorera imyitozo muri Texas Christian University iherereye mu gice cya Fort Worth, ahagomba kubera iki gikorwa.

Mu ijwi riyunguruye kandi rifite imbaraga, Teta yakoze imyitozo aririmba zimwe mu ndirimbo zagacishijeho mu Rwanda ndetse n’ize bwite kimwe n’abandi bahanzi nka King James, Emmy wanacurangaga piano afatanije na Alpha Rwirangira, ku rundi ruhande na Kitoko waje kwitabira iki gikorwa aturutse mu Bwongereza aho kuri ubu yiga ibirebana na politiki nk’uko yabidutangarije.

Amwe mu mafoto y’abahanzi bari mu myitozo

King James, Diana Teta na Pastor P
Diana Teta yakoze imyitozo ya Live mbere y'uko iri huriro ritangira
Producer Pastor P araza gucurangira aba bahanzi
Emmy, King James na Pastor P mu myitozo ya nyuma
King James, Pastor P na Alpha Rwirangira
Kitoko Bibarwa uba mu Bwongereza na we ari Dallas

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages