Aba bakinnyi ba filime berekeje muri Koreya ku wa 27 Kamena 2026, ni mugihe amahugurwa yo gukarishya ubwenge bagiyemo yatangiye ku wa 28 Kamena 2026, azageza ku wa 11 Nyakanga 2026.
Aya mahugurwa ari kubera mu Mujyi wa Busan. Ategurwa muri gahunda yiswe “Capacity Building for Film and Video Industry in Rwanda”.
Ni gahunda yateguwe ku bufatanye bw’Umujyi wa Busan, Busan Global City Foundation (BGCF), Korea International Cooperation Agency (KOICA) na CIAT, hagamijwe gusangira ubunararibonye no gufasha guteza imbere uruganda rwa sinema n’amashusho mu Rwanda.
Abitabiriye aya mahugurwa bazahabwa ubumenyi mu bijyanye no gutunganya filime, kuyobora ibikorwa byo kuzikora, imikoreshereze y’ikoranabuhanga rigezweho mu gutunganya amashusho, imiyoborere y’uruganda rwa sinema ndetse n’uburyo bwo kubaka ubufatanye mpuzamahanga.
Busan iri mu mijyi ikomeye muri Koreya y’Epfo. Uyu mujyi wamenyekanye cyane kubera kwakira Busan International Film Festival (BIFF), iri mu maserukiramuco ya sinema akomeye ku mugabane wa Aziya.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!