Aba bakobwa uko ari 15 babashije gutemberezwa mu cyicaro gikuru cya COGEBANQUE mu Rwanda, ndetse baranahifotoreza nk’urwibutso hamwe na bamwe mu bayobozi b’iyi Banki.
Umwanya munini abazatorwamo Nyampinga w’u Rwanda 2015 bawumaze basobanurirwa imikorere ya COGEBANQUE cyane cyane uburyo bwa “Mobile online Banking”.
Abo bakobwa basobanuriwe ko COGEBANQUE imaze imyaka 16 ikora, ikaba kugeza ubu iri mu mabanki atanu ya mbere akomeye mu Rwanda.
Ibi byatumye umwe muri bo agira amatsiko yo kumenya uburyo bwakoreshejwe kugirango COGEBANQUE ibe igeze ku rwego iriho mu myaka mike imaze ikora, maze basobanurirwa ko ibanga ryakoreshejwe ari ukwegera abaturage cyane, hakiyongeraho kuba abanyamigabane ba yo bose ari abanyarwanda.
Kuwa 21 Gashyantare 2015 ni bwo hazamenyekana Nyampinga w’u Rwanda 2015, nyuma y’amajonjora yakozwe agakurikirwa n’umwiherero (Boot camp) w’iminsi 14, aho barushaho gusobanukirwa kuba Nyampinga icyo ari cyo, bakanasobanukirwa byinshi mu buzima bukurikiraho iyo wambitswe ikamba.
COGEBANQUE ni we muterankunga mukuru w’iki gikorwa cya Nyampinga w’u Rwanda 2015, aho uretse ibyo iyi Banki ifasha mu gutegura iki gikorwa, ari na yo izahemba umukobwa uzegukana iryo kamba, ikazamuha imodoka.
Andi mafoto reba hano https://www.flickr.com/photos/igihepictures/sets/72157650472803289/



















TANGA IGITEKEREZO