Nk’uko bigaragara mu nyandiko IGIHE ifitiye kopi, ubutumire bw’aba bana bwatanzwe na Minisiteri y’Umuco, Itangazamakuru na Politiki y’Urubyiruko ya Kyrgyzstan, bukavuga ko aba bana bari mu matsinda yatoranyijwe kugira ngo yifatanye n’ibihugu bitandukanye mu bikorwa bigamije guteza imbere no gusigasira umurage ndangamuco w’ibihugu.
‘World Nomad Games’ ni umwe mu mihango ikomeye ihuza ibihugu byo hirya no hino ku Isi hagamijwe kwimakaza umuco, guteza imbere ubusabane no gusangizanya amateka n’indangagaciro by’imiryango n’ibihugu bifite umuco gakondo ukomeye.
Minisiteri y’Umuco ya Kyrgyzstan yagaragaje ko kwitabira kw’iri tsinda bizatanga umusanzu ukomeye mu kugaragaza umuco w’u Rwanda mu ruhando mpuzamahanga.
Biteganyijwe ko iri tsinda rizagera muri Kyrgyzstan ku wa 27 Kanama rigasoza urugendo rwabo ku wa 28 Nzeri 2026, aho rizitabira ibikorwa bitandukanye by’umuco n’imyidagaduro bizategurwa muri icyo gihugu.
Muri iyi baruwa Minisiteri y’Umuco ya Kyrgyzstan yemeje ko izishingira ikiguzi cyose cy’urugendo iri tsinda rizakorera muri Kyrgyzstan mu gihe cyose iri tsinda rizaba ryitabiriye ‘World Nomad Games 2026’.
Aba bana baramutse bitabiriye ‘World Nomad Games 2026’ bizaba bikurikiye urugendo baherutse gukorera muri Arménie mu 2025.
‘World Nomad Games 2026’ ni irushanwa mpuzamahanga rizabera muri Kyrgyzstan kuva ku wa 31 Kanama kugeza ku wa 6 Nzeri 2026, rikazahuza ibihugu birenga 90 n’ibihumbi by’abakinnyi n’abitabiriye ibikorwa bitandukanye.
Uretse amarushanwa ya siporo gakondo, rizaba rinagaragaza imbyino, indirimbo, ubukorikori, imigenzo n’ubumenyi gakondo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!