Ibi The Ben yabibwiye IGIHE nyuma y’uko indirimbo ye ‘Inshallah’ yesheje agahigo ko kuba indirimbo y’umuhanzi w’Umunyarwanda irebwe n’abarenga miliyoni imwe mu gihe kitarenze amasaha 48.
Ati “Ni ibyishimo kuri njye n’abo dukorana. Nibaza ko nta muhanzi bitashimisha gukora indirimbo akabona abantu bari kuyishimira. Gusa ku rundi ruhande ni ikimenyetso cy’uko Abanyarwanda bakunda umuziki w’abahanzi babo. Ku rundi ruhande ibi ni byo bitwongerera imbaraga zo gukora cyane, nibaza ko iri ari ideni kandi nzaryishyura mu buryo bwo kubaha ibihangano byinshi.”
‘Inshallah’ ni indirimbo The Ben yashyize hanze ku wa 15 Kanama 2026, ikaba yarakiriwe neza n’abakunzi b’umuziki kuva ku munsi wa mbere isohotse, ibyatumye mu masaha 48 amashusho yayo yari amaze kurebwa n’abarenga miliyoni imwe kuri YouTube.
Kurebwa kw’amashusho y’iyi ndirimbo byatumye The Ben aca agahigo kari kamaze igihe gafitwe na Meddy binyuze mu ndirimbo ye ‘My Vow’ yujuje abayirebye miliyoni imwe mu masaha 48.
Ku rundi ruhande, The Ben yaboneyeho umwanya wo guteguza abakunzi be ibihangano byinshi, ahamya ko hari impinduka bagiye kubona ku mikorere ye, cyane ko benshi mu bamukunda bamaze igihe bamushinja ubunebwe mu bijyanye no gusohora indirimbo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!