00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyarwenya bakomeye bagiye guhurira mu gitaramo cya ‘Iwacu Comedy Festival’ cyatumiwemo Inyamibwa

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 8 November 2025 saa 11:46
Yasuwe :

Abanyarwenya bamaze kubaka amazina mu Rwanda, bagiye kongera guhurira mu gitaramo cy’urwenya cya “Iwacu Comedy Festival 2025”, kizaba mu ntangiro z’Ukuboza 2025, bazahuriramo n’Itorero Inyamibwa rimaze kubaka izina mu mbyino Nyarwanda.

Iki gitaramo cyateguwe na Lion Dreams kizahuriramo abanyarwenya nka Seth Seka, Rusine, Ambassadeur w’abakonsomateri, Joshua Kamirindi, Babu Joe na Rufendeke. Uretse abanyarwenya kandi kizabyinamo Itorero Inyamibwa.

Iki gitaramo cya “Iwacu Comedy Festival 2025”, gifite insanganyamatsiko yo guhuriza hamwe ubuhanzi bwose mu birori bizarangwa n’urwenya, umuziki n’imbyino.

‘Iwacu Comedy Festival’ iri mu maserukiramuco y’imyidagaduro akunzwe mu Rwanda, igamije guhuza abantu binyuze mu gusetsa no gutanga umwanya wo kwidagadura nyuma y’umwaka wose w’akazi.

Iri serukiramuco rizaba ku Cyumweru, tariki 7 Ukuboza 2025 muri Copenhagen Lounge Kicukiro. Amatike y’ahasanzwe ni 10.000 Rwf, 15.000 Rwf muri VIP, muri VVIP bizaba ari 30.000 Rwf mu gihe ameza y’abantu batandatu azaba ari 200.000 Rwf

Rusine ni umwe mu banyarwenya batumiwe muri iki gitaramo
Seth Zuby niwe utegura iri serukiramuco ry'urwenya
Itorero Inyamibwa ryatumiwe muri iki gitaramo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages