00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abarimo DJ Spinny, Etania, City Girl bo muri Uganda batanze ibyishimo i Kigali (Amafoto)

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 30 May 2026 saa 11:16
Yasuwe :

Abahanga mu kuvanga imiziki muri Uganda barimo DJ Spinny, Etania, City Girl, DJ Dush,DJ Melvyn n’abandi benshi bataramiye i Kigali muri ‘Atelier du Vin’ mu ijoro ryo ku wa 29 Gicurasi 2026 mu gitaramo cyiswe ‘Road to Spinny&Friends Festival’.

Iki gitaramo cyari nk’integuza y’icyitwa ‘Spinny&Friends Festival’ DJ Spinny yitegura gukorera i Kigali ku wa 8 Kanama 2026, icyakora na cyo cyitabiriwe ku rwego rwo hejuru.

Uretse kuba cyacuranzemo abahanga mu kuvanga imiziki bo muri Uganda, ni igitaramo cyari kiganjemo abashyitsi benshi bari i Kigali bitabiriye imikino ya BAL iri kuhabera.

Nyuma y’abavanga imiziki barimo DJ Melvyn, City Girl uri mu bakobwa bari kuzamuka neza mu muziki wa Uganda na we yafashe umwanya asusurutsa abakunzi be.

Uyu mukobwa yaje gukorerwa mu ngata na Etania unaherutse gutaramira muri BK Arena ubwo yasusurutsaga abitabiriye imikino ya BAL, na we atanga ibyishimo ku bari muri iki gitaramo bari bakoraniye muri ‘Atelier du vin’.

Etania yavuye ku rubyiniro aha umwanya DJ Spinny wavangaga imiziki afatanyije na DJ Dush maze si ugususurutsa abakunzi b’umuziki bari muri Atelier du vin karahava.

Uko bavangaga imiziki, niko MC Morgan na we waturutse muri Uganda yibutsaga abitabiriye iki gitaramo ko ku wa 8 Kanama 2026 bashonje bahishiwe muri ‘Spinny&Friends Fest’.

Mbere yo kwinjira buri wese wabishakaga yabanzaga gufata ifoto y'urwibutso
Abanyamujyi bari basohokeye muri iki gitaramo hakiri kare bagize umwanya wo gufata amafoto y'urwibutso
Nta foto nta cyabaye niko abubu babivuga...
Abahageze mbere babanje kwifatira imyanya myiza yo kwicaramo ngo baze kwidagadura nta nkomyi
DJ Melyvn uri mu bagezweho i Kampala ari mu babimburiye abandi ku rubyiniro
City Girl, umukobwa umaze kuzamura izina rye mu bijyanye no kuvanga imiziki muri Uganda yatanze ibyishimo muri iki gitaramo
City Girl yishimiwe bikomeye n'abitabiriye igitaramo yacuranzemo i Kigali
Kwifata byanze, Etania asanga ku rubyiniro City Girl amushimira uko yitwaye muri iki gitaramo
Etania na DJ Spinny ubwo bari bicaye ahabereye iki gitaramo bitegura gususurutsa abari bitabiriye
Ibyishimo byagaragaraga ku maso y'abitabiriye iki gitaramo
Jasinta Makwabe uri mu nkumi zizwi cyane ku mbuga nkoranyambaga, ni umwe mu bitabiriye iki gitaramo
Ubwitabire bwari hejuru muri iki gitaramo cyabereye kuri 'Atelier du vin'
Umwe mu nkumi zitabiriye iki gitaramo akata umuziki imbere y'uwamufataga amashusho
Etania nawe igihe cye cyageze ajya ku rubyiniro gutanga ibyishimo ku bakunzi be
DJ Spinny yajyanye ku rubyiniro na DJ Dash
DJ Spinny akomeje kwigarurira imitima y'abakunzi b'umuziki i Kigali
Umuziki wariwe muri Atelier du vin bishimira igitaramo DJ Spinny yari yahateguriye
Abakunzi b'umuziki bari bakoraniye kuri 'Atelier du vin' bishimiye umuziki wa DJ Spinny
DJ Spinny ategerejwe kongera gutaramira i Kigali ku wa 8 Kanama 2026

Amafoto: Fidel Nzayisingiza


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages